Umugore wa perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Melania Trump, ashobora kurega Hunter Biden ndetse akaba yanamusaba indishyi y’akababaro yasaga miliyari imwe y’amadolari (1bn $) nyuma y’uko avuze ko yahuye n’umugabo we biciye ku munyabyaha Jeffrey Epstein.
Abavoka ba Madamu Melania Trump, washyingiranywe na Donald Trump mu mwaka 2005, bavuze ko ayo magambo ari “ibinyoma, agambiriye gusebya, atukana kandi agaca igikuba mu bantu”.
Hunter Biden, umuhungu wa Joe Biden wahoze ari Perezida wa Amerika, yavuze ibyo mu kiganiro yakoze mu ntangiriro z’uku kwezi, aho yanenze cyane imikoranire ya kera hagati ya Trump na Jeffrey Epstein.
Ibaruwa yanditswe n’abavoka ba Melania Trump yohererejwe umunyamategeko wa Hunter Biden, imusaba kwisubiraho ku magambo yavuze no gusaba imbabazi, bitaba ibyo akarega agasaba indishyi zisaga miliyari imwe y’amadolari.
Iyo baruwa ivuga ko Madamu Melania “ yagize igihombo gikomeye mu mutungo we no mu izina rye” kubera ayo magambo yagiye avugwa.
Nta gihamya gihari cyerekana ko Melania na Trump bahujwe na Epstein, wapfiriye muri gereza mu mwaka 2019 ubwo yari ategereje kuburanishwa ku byaha byo gusambanya abana ndetse no gucuruza abakobwa Kandi ku bakomeye muri Amerika no hirya no hino ku isi bikekwa ko na Donald Trump yaba arimo.
Iyi baruwa isohotse mu gihe White House ikomeje kotswa igitutu cyo gushyira ahagaragara inyandiko zose zijyanye na Epstein. Trump mbere yo gutorwa yabwiye abaturage ko azazishyira hanze naramuka agarutse ku butegetsi, ariko FBI na minisiteri y’ubutabera bavuze muri Nyakanga ko nta “rutonde rw’abakiliya” ba Epstein ruhari.