Umuryango mpuzamahanga w’abaganga batagira umupaka watangaje ko nibura abantu 40 bo mu ntara ya Darfur muri Sudan bamaze guhitanwa n’icyorezo cya Kolera mu cyumweru kimwe gusa .
Uyu muryango wavuze ko iyi ndwara yongeye gufata indi ntera kurusha uko byigeze bibaho mu myaka ishize.
Mu itangazo washyize hanze uyu muryango w’abaganga batagira umupaka cyangwa Médecins Sans Frontières mu gifaransa wagize Ati: “Mu gihe igihugu kiri mu ntambara ikomeje gutwara ubuzima itarobanura, noneho kuri ubu abaturage barimo kwicwa n’icyorezo cya Cholera gishobora guhashwa kikagenda burundu.”
Imibare yagaragajwe n’uyu muryango yerekana ko abarwayi barenga 2,300 bamaze kuvurwa mu cyumweru gishize muri Darfur gusa, mu gihe 40 bapfuye bazize Kolera.
Ku rwego rw’igihugu hose, abantu basaga 99,700 bakekwaho kuba baranduye Kolera, naho abarenga 2,470 bamaze guhitanwa n’iyo ndwara guhera muri Kanama 2023 nk’uko bigaragara muri iyi raporo.
Akarere ka Darfur, gasanzwe karazahajwe n’intambara imaze imyaka irenga ibiri hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba z’umutwe wa Rapid Support Force, kugarijwe n’icyorezo kidasanzwe.
Mu nkambi z’impunzi nka Tawila iherereye mu Majyaruguru ya Darfur, ibarurwa ko ituwemo abantu bagera ku 380,000 bahunze imirwano .
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi [UNHCR] rivuga ko muri iyi nkambi hari ikibazo cyo kubona amazi meza ahagije , ku buryo umuntu umwe abarirwa ko akoresha litiro 3.5 ku munsi mu gihe igipimo fatizo kigenwa ku rwego mpuzamahanga ari uko umuntu byibuze agomba gukoresha litero 7.5 ku munsi .
Kolera ni indwara iterwa n’udukoko twandura binyuze mu mafunguro cyangwa amazi byanduye, ikagira ibimenyetso birimo kuruka, impiswi ikabije ndetse n’ibindi.