Kapiteni wa Tottenham Hotspur, Cristian Romero, yamaze gushyira umukono ku masezerano mashya y’imyaka ine azamugeza muri 2029, agaragaza ko ahazaza he hifitanye isano rikomeye n’iyi kipe yo mu mujyi wa Londres.
Uyu myugariro w’imyaka 27 ukomoka muri Argentine, yageze muri Tottenham muri Kanama 2021 avuye muri Atalanta yo mu Butaliyani.
Kuva icyo gihe, Romero amaze gukinira Spurs imikino 126, atsinda ibitego umunani. Uyu yabaye inkingi ya mwamba mu mikino ya Europa League, aho yanafashije iyi kipe gutsinda Manchester United ku mukino wa nyuma, bagatwara igikombe bari bategereje imyaka 17 yari ishize.
Nyuma y’uko yavugwaga cyane mu makuru amuhuza no kwerekeza muri Atletico Madrid muri iyi mpeshyi, umutoza mushya wa Tottenham, Thomas Frank, yahisemo kumugira kapiteni, ibi bikaba byarakurikiwe no kongera amasezerano ye, bituma aba ari mu ikipe kugeza mu 2029.
Romero yatangaje ko anezerewe cyane kuba ari muri Tottenham, anemeza ko nyuma yo kwegukana Europa League, ikipe ifite ubushake bwo kugera kure uyu mwaka.
Aho yagize ati: “Turashaka gutsinda. Kuki se tutabigeraho uyu mwaka? Igikombe kindi ni ingenzi kuri buri wese.”
Yongeyeho ati: “Kuri njye, iyi kipe niyo nziza kurusha izindi ku isi. Ibi byumweru bibiri bishize, kuba naragizwe kapiteni no kongera amasezerano, ni ibyemezo byiza kandi binshimishije cyane.”
Umutoza Frank yavuze ko Romero ari umukinnyi wubashywe cyane n’abandi, ndetse akagira uruhare rukomeye mu guha ikipe icyerekezo.
Yagize ati: “Ni umukinnyi ubereye kuyobora abandi, kandi yerekanye ubushake bwo kuzamura urwego rw’ikipe.”
Uyu mukinnyi wahoze akinira Belgrano, yongereye amasezerano mu gihe na Djed Spence w’imyaka 25, ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo, aherutse kuyongera kugeza mu 2028.