Umuyobozi mukuru w’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, birateganywa ko agomba kuzitabiri umukino wa nyuma wa CHAN 2024 (iri kuba 2025) ugomba kubera muri Kenya.
Kuva tariki 2 Kanama 2025, mu bihugu bitatu aribyo Kenya, Uganda ndetse na Tanzaniya hari kubera imikino Nyafurika ihuza abakinnyi bakina imbere mu biguhugu byabo.
Kuri ubu irushanwa riri mu mahina aho hasigaye umukino w’umwanya wa Gatatu ndetse n’umukino wa nyuma.
Ku mukino wa nyuma uzaba tariki 30 Kanama 2025 , ugahuza Madagascar na Morocco usibye kuzitabirwa n’umuyobozi wa CAF, Dr Patrice Motsepe, uzanitabirwa n’umuyobozi mukuru wa FIFA Gianni Infantino mu rwego rwo gushyigikira iri rushanwa bisesuye.
Uyu mukino wa nyuma uzabera kuri Moi International Sports Centre mu gace ka Kasarani muri Kenya mu gihe uw’umwanya wa Gatatu uzabera Namboole Mandela National Stadium muri Uganda.
Iri rushanwa CAF yarishyizemo imbaraga zidasanzwe mu rwego rwo gutuma ryitabirwa ariko nanone ribyara umusaruro mu kubaka umupira wa Afurika ritanga abakinnyi bajya gukina ku rwego rwiza.
CAF yongereye amafaranga muri CHAN mu buryo bukurikira!
Uwatwaye igikombe – miliyoni $3.5
Ikipe yageze ku mukino wa nyuma – miliyoni $1.2
Izegukana umwanya wa gatatu – $700,000
Izegukana umwanya wa kane – $600,000
Amakipe azabasha kugera muri kimwe cya kane– $450,000
Amakipe atatu ya mbere mu itsinda – $300,000
Ikipe izaba iya Kane mu itsinda – $200,000
Ikipe izaba iya Gatanu mu itsinda $200,000