Abantu 60 bitabye nyuma y’igitero gikomeye cyagabwe n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram ku mudugudu wa Darul Jamal, uherereye ku mupaka wa Nigeria na Cameroun, muri Leta ya Borno.
Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bo muri kariya karere, iki gitero cyatangiye mu ijoro ryo ku wa gatandatu tariki ya 6 Nzeri 2025, ubwo abarwanyi ba Boko Haram bateye uyu mudugudu usanzwe ubarizwamo ikigo cya gisirikare.
Abasirikare batanu bishwe, naho imodoka nyinshi n’inzu zirenga 30 birangizwa . Ibi byabaye mu gihe abatuye Darul Jamal bari bamaze igihe gito basubiye mu byabo nyuma y’imyaka myinshi barahunze kubera umutekano mucye.
Guverineri wa Leta ya Borno, Babagana Zulum, yasuye ahabereye igitero mu gitondo cyo ku wa Gatandatu maze atangaza amagambo yuzuye agahinda
Aho yagize ati : “Ni ibintu bibabaje cyane. Abaturage bari bamaze igihe gito basubiye mu ngo zabo, batangiye ubuzima busanzwe, none bongeye guhura n’akaga,” .
Yongeyeho ko ingabo za Nigeria zidahagije kugira ngo zishobore guhangana n’ibi bitero bigenda byiyongera. Yatangaje ko hashyizweho umutwe mushya w’abarinzi b’amashyamba [Forest Guards] uzafasha ingabo zisanzwe mu kurinda umutekano w’akarere.
Inkuru ya Reuters ivuga ko abakozi barenga 13 bari mu bikorwa byo gusana ibikorwa remezo muri Darul Jamal barimo abashoferi n’abandi bakozi bo ku murimo, bishwe urw’agashinyaguro n’abo barwanyi. Ibi byose byiyongera ku bukana bw’ubugizi bwa nabi bumaze iminsi bwiyongera muri ako gace.
Muri Mata, Guverineri Zulum yari yaraburiye leta ko Boko Haram iri kongera kwiyubaka no gupanga gutera ibice bitandukanye bya Leta ya Borno, mbere yuko bamwe mu barwanyi bayo bongera kwigarurira uturere tumwe na tumwe.
Mu 2015, Boko Haram yari imaze kwigarurira igice kinini cya Borno, ariko nyuma yaje gusubizwa inyuma.