Polisi ya Metropolitan yatangaje ko abantu 890 bafashwe mu myigaragambyo yabereye i London ku wa Gatandatu yo kwamagana ihagarikwa ry’umuryango wa “Palestine Action”(umuryango wamagana ibikorwa bya Isiraheli).
Abenshi bafashwe bashinjwa gushyigikira umuryango wabujijwe n’amategeko mu gihe abandi 17 bafashwe bashinjwa gukubita abapolisi nyuma y’uko imyigaragambyo ihindutse urugomo.
Ariko abateguye igikorwa bavuze ko abigaragambyaga “bamaganaga mu mahoro” kandi bashinja Polisi ya Met gutanga “amakuru y’ibinyoma” ku rugomo rwabaye.
Guverinoma yahagaritse umuryango wa “Palestine Action” mu kwezi kwa karindwi (7) ishingiye ku mategeko arwanya iterabwoba, bituma kuba umunyamuryango cyangwa gushyigikira uwo muryango biba icyaha gishobora guhanishwa igifungo kigera ku myaka 14.
Uyu muryango wahagaritswe nyuma y’uko abarwanashyaka bawugize binjiye ku kigo cya gisirikare cya RAF bakangiza indege ebyiri za gisirikare mu ntangiriro z’uyu mwaka.
Bibarwa ko abantu 1,500 bitabiriye imyigaragambyo yabereye muri Parliament Square, Westminster, ku wa Gatandatu.
Polisi yavuze ko 857 bafashwe bashinjwa gushyigikira “Palestine Action”, abandi 33 bafashwe ku bindi byaha birimo 17 bashinjwa gukubita abapolisi.
Polisi yavuze ko benshi mu bafashwe bajyanywe gufungwa kuko banze gutanga imyirondoro yabo cyangwa bari barasanzwe bafite ingwate.
Ariko abateguye imyigaragambyo bashimangiye ko Polisi ya Met yibeshye, bavuga ko “yagabye ibitero ku bigaragambyaga mu mahoro barimo n’abageze mu zabukuru, kugira ngo ifate abarenga 1,000 bazira gusa ibimenyetso byo ku mpapuro.”