Côte d’Ivoire yakoze amateka adasanzwe, nyuma y’uko Simone Ehivet Gbagbo, wahoze ari umugore wa Laurent Gbagbo wayoboye icyo gihugu, yemerewe guhatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Simone, w’imyaka 76, ni umwe mu bagore babiri bonyine bemerewe kwiyamamaza muri ayo matora.Simone Gbagbo azahangana n’abandi banyapolitiki barimo Perezida Alassane Ouattara w’imyaka 83, ugiye gushaka manda ya kane.
Ku rutonde rw’abemerewe kwiyamamaza, harimo kandi abahoze ari ba Minisitiri barimo Jean-Louis Billon, Ahoua Don Mello na Henriette Lagou, umwe mu bagore bake batinyutse guhatanira uwo mwanya.
Urukiko Rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwatesheje agaciro kandidatire za bamwe barimo na Laurent Gbagbo wahoze ari Perezida, kubera igihano yahawe n’urukiko mu gihe Tidjane Thiam, wahoze ayobora Credit Suisse ndetse na Pascal Affi N’Guessan wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, nabo ubusaba bwabo bwatewe utwatsi.
Thiam yazize kuba afite ubwenegihugu bw’u Bufaransa naho Gbagbo yakuweho azira ibyaha by’uruhare mu mvururu z’amatora zo mu 2010, aho abantu barenga 3000 bahasize ubuzima.
Simone Gbagbo, wabaye umudepite, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 20 muri 2015, ariko yaje guhabwa imbabazi na Perezida Ouattara nyuma y’imyaka itatu gusa. Uwo mwanzuro ntiwabujije uburenganzira bwe bwo kongera kwiyamamaza.
Nyuma yo kuva mu ishyaka rya FPI yari asangiye na Gbagbo, yakomeje kwiyubaka muri politiki, nubwo atagaragaraga cyane mu itangazamakuru. Kugeza ubu, ntiharamenyekana niba Laurent Gbagbo ashobora kuzashyigikira Simone wahoze ari umugore we, dore ko batandukanye mu 2023 nyuma y’imyaka 30 babana.