Rigathi Gachagua wahoze ari Visi Perezida wa Kenya, yatangaje ku mugaragaro ko aziyamamariza umwanya wa Perezida mu matora ya 2027, aho avuga ko agiye gukora ibishoboka byose kugira ngo abohore Kenya.
Ibi Gachagua yabivuze ku wa 13 Nzeri 2025, mu kiganiro yagiranye n’abaturage b’iwabo i Karatina mu gace ka Nyeri, aho yasabye abaturage kumushyigikira no gufatanya n’ishyaka rye rishya rya Democratic Change Party [DCP] yashinze muri Gicurasi uyu mwaka.
Aho yagize ati: “Tuzabohora Kenya nta kabuza. Ni ikibazo cy’igihe gusa. Ndi guhatanira umwanya wa Perezida bikomeye ngamije kubaka Kenya nziza aho abaturage bose bazagira uruhare mu miyoborere y’igihugu.”
Gachagua yavuze ko imiyoborere iriho muri iki gihe ishingiye ku ivangura no guheza bamwe, kandi ko igihe kigeze ngo Abanyakenya babane mu gihugu cyubahiriza amahame y’ubutabera n’ubusugire bw’abaturage bose.
Iri tangazo rije nyuma y’uko mu mpera za 2024 yegujwe ku mwanya wa Visi Perezida, icyemezo we ashinja Perezida William Ruto kugihishamo umugambi wo kumurwanya no kumuca intege, bikaba byarashimangiye ihangana rikomeye hagati y’abo bombi.
Kuva ubwo yeguye, Gachagua yahise yivana mu ishyaka rya UDA, ashinga DCP, ishyaka ryatangiye gukura vuba cyane mu karere ka Mount Kenya. Ubu ari kumwe na Cleophas Malala nka Visi Perezida w’ishyaka ndetse na Mithika Linturi nk’umuhuzabikorwa mukuru.
Nubwo urugendo rwe rwa politiki rugikomeje, benshi mu bakurikiranira hafi ibya politiki ya Kenya bemeza ko Gachagua agiye kuba umwe mu bazahangana bikomeye na Perezida Ruto mu matora y’umwaka utaha wa 2027.