Joseph Kabila Kabange wabaye perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, yemeje ko nta gahunda afite yo kuzaterera agati mu ryinyo ku bibazo by’igihugu cye, mu gihe ibi bibazo bikomeje kuba uruhuri muri iki gihugu cyane iby’umutekano.
Ibi Kabila yabigarutseho igihe yagenereraga ubutumwa abaturage b’iki gihugu bwiganjemo kubamenyesha ko akiri muri politiki kandi ako agomba kuzakora ibishoboka byose kugira ngo Congo yongere ku gira amahoro arambye.
Yagize At: “Narekuye ubutegetsi mu mahoro mu buryo bwubahirije Itegeko Nshinga, ariko hari benshi batekerezaga ko urugendo rwnge rwa Politiki ruhagarikiye aho ariko uyu munsi ndagira ngo mbabwire nti ‘byari akaruhuko.”
Sinshobora gukomeza kureberera. Ni yo mpamvu ntangaje ku mugaragaro ko niteguye gusubukukura inshingano zikomeye z’Igihugu [kuba yakongera akaba Umukuru w’Igihugu] atari ukubera njye ahubwo ari ukugira ngo nsubizeho ubutegetsi buhamye, kugira ngo ndinde buri Munyekongo, no kugira ngo ubukungu bwacu bugirire akamaro abana bacu.”
Benshi bashinja Kabila gushaka kongera kwisubiza ubutegetsi nubwo yaburekuye mu mahoro gusa akavuga ko agomba kuza gutanga umusanzu we mu gukura igihugu mu kangaratete kubera ubuyobozi mudahamye bwa, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo (nk’uko we abivuga) uyobora iki gihugu kuva mu mwaka 2019.
Joseph Kabila yasubiye muri Congo mu mpera za Gicurasi uyu mwaka, ubwo yahitaga yerecyeza i Goma mu bice bigenzurwa na AFC/M23. Mu bihe bitandukanye yagiye agirana ibiganiro n’amatsinda yo muri iki gihugu bigamije gushaka umuti w’ibibazo by’iki gihugu.
Abanenga Kabila kandi, bibaza impamvu ntacyo yakoze igihe yari ku butegetsi ngo ibibazo by’umutekano biri muri iki gihugu bikemuke ndetse nti yigeze akemura ikibazo cya M23/AFC igihe yari perezida ndetse barwanye kenshi.