Nyuma yo gutsindwa na Qarabag yo muri Azerbaijani ibitego 3-2 ku kibuga cyabo Estadio da Luz, ikipe ya Benfica yahise ihagarika ku mirimo umutoza wayo Bruno Lage.
Aya makuru yakurikiwe n’ibihuha bikomeye bivuga ko Jose Mourinho, umwe mu batoza b’abahanga cyane b’igihe cye, ashobora gusubira muri iyi kipe yahoze atoza mbere yo kujya i Burayi gukomeza izina rye.
Perezida wa Benfica, Rui Costa, yavuze ko bateganya kubona umutoza mushya bitarenze kuwa Gatandatu. Nubwo atigeze yemeza ko Mourinho ariwe ushobora kuzahabwa akazi, ibimenyetso biravuga ko ibiganiro biri hagati ya uyu mugabo w’imyaka 62 n’ubuyobozi bwa Benfica bigeze kure.
Rui Costa yagize ati: “Umutoza wa Benfica agomba kuba umuntu uzwiho ubutsinzi. Agomba kuba afite ubushobozi bwo kuzamura ikipe ku rwego ruhanitse, tukongera gutwara ibikombe.”
Nubwo ntawe barashyira ku mugaragaro ngo abe ari we ugiye gusimbura Lage, ariko abasesenguzi barahamya ko Mourinho ari imbere mu rutonde rw’abatekerezwaho.
Mourinho yaherukaga kwirukanwa na Fenerbahce ku itariki ya 29 Kanama, nyuma y’iminsi ibiri iyi kipe imaze gusezererwa na Benfica muri imikino ya “play-offs” ya Champions League. Ibi byateye benshi gutekereza ko yaba yaratangiriye ubwo ibiganiro n’ubuyobozi bwa Benfica.
Icyakora, ibi si ubwa mbere Mourinho aba yegereye gusubira iwabo. Hashize imyaka 21 asohotse muri shampiyona y’i Portugal ari kumwe na Porto, yerekezaga muri Chelsea mu Bwongereza. Kuva ubwo, yagiye atanga umusanzu ukomeye mu makipe akomeye nka Inter Milan, Real Madrid, Manchester United na AS Roma.