Umugabo w’imyaka 71 yafunzwe by’igihe gito aho akurikiranweho gushaka gutorokesha uwarashe Charlie Kirk akanamuhitana ubwo yatangaga ikiganiro muri Kaminuza ya Utah Valley mu gace ka Utah County.
Sheriff w’umugi wa Utah County, Michael Smith, yavuze ko ukekwaho kurasa Kirk ubwo yamaraga gukora icyo gikorwa , uyu mugabo wafashwe yagerageje kwerekana ko ari we wabikoze kugira ngo ahishire uwanyawe wari umaze gukora icyo gikorwa.
George Zinn wafashwe, arashinjwa ibyaha byo kubangamira ubutabera abinyujije mu guhishira Tyler Robinson ushinjwa kurasa Charlie Kirk ndetse yasanganwe amashusho y’urukozasoni arimo n’abana bakiri bato.
Tyler Robinson, w’imyaka 22, yafashwe ku wa 12 Nzeri muri Leta ya Utah, nyuma y’iperereza ryi rimaze amasaha 33 rikorwa n’inzego z’umutekano z’aho hamwe na FBI.
Kirk, w’imyaka 31, yapfuye nyuma yo kuraswa isasu rimwe ku itariki ya 10 Nzeri. Kamera z’umutekano zerekanye uregwa ahunga nyuma yo kurasa, amanuka ku gisenge akinjira mu ishyamba riri hafi aho.
Mu masaha yakurikiyeho, polisi yashyize hanze amafoto y’uregwa inatanga ibihembo by’amadolari $100,000 ku muntu wese watanga amakuru yatuma afatwa. Nyuma, se wa Robinson ni we wamumenye mu mafoto maze amuhatira kwishyikiriza inzego z’umutekano.
Inzego z’ubushinjacyaha ntiziratangaza impamvu y’icyo gitero. Mu kiganiro n’itangazamakuru kuwa Gatanu, FBI yanze kugira icyo ivuga ku mateka ya Robinson, aho ahagaze muri politiki cyangwa impamvu yaba yarabimuteye, ivuga ko iperereza rikomeje.
Guverineri wa Leta ya Utah, Spencer Cox, yavuze ko umwe mu bo mu muryango wa Robinson yabwiye abashinzwe iperereza ko Robinson “yari amaze igihe ayvuga cyane kuri politiki “ Uwo wo mu muryango we kandi yavuze ko Robinson yavuze kuri Kirk n’ibitekerezo bye mu kiganiro cyabaye bari gufata amafunguro mbere y’igitero mbere y’igitero.