Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tanzania, Tundu Lissu, yajyanwe mu rukiko kuri uyu wa mbere aburanishwa ku cyaha cy’ubugambanyi, ibyumweru bike mbere y’uko iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwa Afurika cyinjire mu matora.
Lissu, wabaye uwa kabiri mu matora ya perezida aheruka mu mwaka 2020, yafashwe muri Mata ashinjwa ubugambanyi kubera ijambo bivugwa ko yasomye, aho yashishikarizaga abaturage kwigomeka no guhungabanya amatora azaba muri uku kwezi.
Lissu yari yasezeranyije ko atazitabira amatora keretse habayeho impinduka zikomeye mu mitegurire y’amatora, aho yavuze ko ayo matora ahora afasha ishyaka riri ku butegetsi rya Chama Cha Mapinduzi (CCM) rya Perezida Samia Suluhu Hassan, ryagiye ku butegetsi kuva igihugu cyabona ubwigenge mu mwaka 1961.
Lissu, uyobora ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya CHADEMA, warokotse ubwo yaraswaga amasasu 16 mu mugambi wo kumwica mu mwaka wa 2017. Kugeza ubu nta muntu n’umwe urashyikirizwa ubutabera kubera icyo gitero.
Urukiko rwabujije ko urubanza rwerekanwa mu buryo bwa kokanya “live” nyuma y’uko umushinjacyaha w’igihugu abisabye, avuga ko ari ngombwa kugira ngo hatamenyekana imyirondoro y’abatangabuhamya barwo.
Komisiyo y’amatora ya Tanzania yabujije ishyaka rya CHADEMA muri Mata kujya mu matora yo ku wa 28 Ukwakira, ivuga ko ryanze gushyira umukono ku masezerano y’imyitwarire myiza mu matora.
Komisiyo yanakuye mu matora umukandida w’ishyaka rya kabiri rinini ritavuga rumwe n’ubutegetsi, bityo hasigara gusa abakandida bo mu mashyaka mato bazahangana na Hassan.
Hassan yakiriwe neza ubwo yafataga ubutegetsi mu mwaka 2021, kubera korohera abatavuga rumwe na we no kugabanya itotezwa ry’itangazamakuru ryari ryarakajijwe n’uwo yasimbuye, John Magufuli.
Ariko yakomeje kunengwa cyane n’abaharanira uburenganzira bwa muntu kubera ibyegeranyo bivuga ko hari abandi batavuga rumwe na leta bashimuswe cyangwa bagafungwa.
Hassan yavuze ko guverinoma ye yiyemeje kubahiriza uburenganzira bwa muntu, kandi yasabye iperereza ku birego by’ihohotera ry’abantu ryagaragaye umwaka ushize. Gusa kugeza ubu, nta makuru y’iperereza aratangazwa ku mugaragaro.