Mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane wa tariki 10 Ukwakira 2025, muri Kivu y’Amajyepfo hadutse imirwano yashyamiranyije Ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ndetse n’umutwe wa Wazalendo.
Ni imirwano bihamywa ko yamaze amasaha menshi bika byemezwa ko yadutse nyuma y’uko Wazalendo zari zimaze kurasa mu cyico umwe mu bayobozi bo muri Kamituga bapfa amafaranga.
Ni mirwano yabereye mu mujyi wa Kamituga uherereye muri Teritwari ya Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kakaba agace kagenzurwa n’ubundi n’Ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse n’umutwe wa Wazalendo.
Iyi mirwano yumvikanyemo imbunda nto ndetse ninini ibyatumye yicirwemo abantu benshi, barimo n’umupolisi ufite ipeti rya Capitaine witwa Kangela nk’uko amakuru yatnzwe nyuma y’iyo mirwano abyemeza.
Ibi byatumye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 10 Ukwakira abaturage bo mu mujyi wa Kamituga biganjemo urubyiruko n’abana bato baramukira mu myigaragambyo ikomeye, basaba ko Wazalendo ziri muri uriya mujyi zagenda.
Ntabwo ari ubwa mbere habayeho gushyamirana ndetse no kurasana hagati y’Ingabo za Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo ndetse n’umutwe wa Wazalendo kuko bisa nk’aho bimaze kuba umuco iyo bagize ibyo batumvikanaho.
Bamwe mu baturajye batuye ibi bice bagiye bamwe banumvikana basaba ko M23 yaza gusubiza ibintu ku murongo mu gihe bigaragara ko ingabo za Congo n’iza Wazalendo zikomeje kunanirwa gucunga umutekano muri ibi bice.
Ni kenshi AFC/M23 yagiye ivuga ko itazihanganira ibikorwa nk’ibi bihungabanya umutekano n’umudendezo w’abaturage aho biyemeje kuzaruhuka ari uko basubije ibintu ku murongo ndetse bakanabohora Congo nk’uko babivuga.
Perezida Félix Tshisekedi aherutse kongera kwikoma u Rwanda n’umukuru w’igihugu wacyo mu kugira uruhare mu muteka muke w’ibice by’Iburasirazuba bwa Congo nubwo kenshi u Rwanda n’abategetsi barwo babyamaganira kure.