Nottingham Forest iri mu biganiro bya nyuma n’umutoza Sean Dyche ngo abe umutoza mukuru mushya w’iyo kipe, nyuma yo gusezerera Ange Postecoglou ku cyumweru, hashize iminota 17 gusa batsinzwe ibitego 3-0 na Chelsea mu mukino wa Premier League.
Ibi bije mu gihe Forest iri ku mwanya wa 18 ku rutonde rwa shampiyona, ifite intsinzi imwe gusa mu mikino umunani. Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye ubuyobozi buyobowe na Evangelos Marinakis bufata icyemezo cyo guhindura ibintu vuba.
Sean Dyche, atoza Everton na Burnley, amaze iminsi mu biganiro n’iyi kipe, ndetse amakuru ava imbere muri Forest avuga ko amahirwe ye yo guhabwa akazi yiyongereye cyane mu mpera z’icyumweru gishize.
Nubwo hari abandi batoza bari ku rutonde rw’abashobora guhabwa iyo mirimo nka Roberto Mancini na Marco Silva wa Fulham, ikibazo cy’amamiliyoni z’ama-pound yagombaga kwishyurwa kugira ngo abasinyire cyabaye inzitizi zikomeye.
Marco Silva afite amasezerano akomeye muri Fulham kandi biragoye ko yayivamo hagati mu mwaka, mu gihe ibiganiro na Mancini nabyo bisa nkaho byagiye bicika intege uko iminsi yakomeje kwihirika.
Sean Dyche si mushya muri Forest kuko yayikiniye mu ikipe y’abato mu myaka ya 1980 ubwo Brian Clough yari umutoza mukuru, nubwo atigeze akinira ikipe nkuru.
Ku myaka 54, Dyche afite ubunararibonye bukomeye mu Bwongereza, aho yatoje Burnley imyaka 10, ayizamura inshuro ebyiri muri Premier League ndetse akayigeza no mu mikino y’i Burayi – ibintu yari amaze imyaka irenga 50 itageraho.