Rutahizamu ukomoka muri Mauritania ukinira APR FC, Mamadou Sy, akomeje kugorwa n’ibihe bitoroshye nyuma yo guhagarikwa n’ubuyobozi bw’ikipe kubera imyitwarire mibi.
Amakuru avuga ko uyu mukinnyi yisanze mu myitozo y’ikipe y’Intare FC , mu gihe yari yagenwe kujya gukorera imyitozo mu bato ba APR FC batarengeje imyaka 17.
Ibi byabaye nyuma y’uko ku wa 10 Ukwakira 2025, ubuyobozi bwa APR FC bwasohoye itangazo buhagarika Mamadou Sy na Seidu Dauda Yussif, bombi bashinjwa kutubahiriza amabwiriza y’umutoza n’ubuyobozi ubwo bari mu Misiri bitegura gukina umukino wa CAF Champions League bahuragamo na Pyramids FC.
Ibi byabaviriyemo kudakina umukino wo kwishyura, bituma ikipe y’ingabo isezerezwa isize agahinda abafana bayo ku giteranyo k’ibitego bitanu ku busa.