Umuvugabutumwa unabwigisha akaba n’umuhanuzi, Pastor Kavoma, yatangaje ko intambara imaze imyaka myinshi ihitana ubuzima bw’abantu mu misozi y’i Mulenge no mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) yamaze gushyirwaho akadomo mu butumwa yemeza ko yahawe n’Imana.
Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Minembwe Capital News, avuga ko Imana yamweretse ko igihe cy’amahoro kigeze mu buryo bw’umwuka mu Burasirazuba bwa Congo.
Pastor Kavoma yavuze ko Imana yamubwiye ko nta munsi n’umwe intwaro z’abarwanya umutwe wa Twirwaneho na M23 zizabatsinda, ahubwo ngo ibikibabaho ni uburyo Imana iri gukoresha kugira ngo igaragaze imbaraga zayo binyuze mu gutabara abantu bayo.
Yagize ati: “Ubutumwa nahawe n’Imana burasobanutse intambara yararangiye. Ibi bitero biri gukorwa ni igice cy’ubutumwa bw’Imana kugira ngo yereke isi yose ko Twirwaneho na M23 ari bo yahisemo gutabara ubwoko bwayo.”
Yakomeje avuga ko Uvira ari hamwe mu hantu hatoranyijwe n’Imana kugira ngo habere intambara ikomeye izasiga amateka mu karere k’ibiyaga bigari, avuga ko imihanda yaho izamenekamo amaraso menshi icyakora, yahumurije abantu avuga ko bazatsinda niba bubashye Imana, bagakomeza kuyishima nk’uko Imana yabibasabye.
Pastor Kavoma si mushya mu buhanuzi. Ni we wari warahanuye mbere ko Goma na Bukavu bigiye gufatwa, ndetse akanavuga ko abatabara i Mulenge bazava i Masisi, ibintu byaje kugenda nk’uko yabivuze.