Polisi ya Tanzaniya yataye muri yombi umuyobozi mukuru w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya CHADEMA kuri uyu wa Gatandatu, mu gihe inzego z’ubutabera zatangaje amazina y’abandi bantu icyenda bashakishwa kubera uruhare bakekwaho mu myigaragambyo yakurikiye amatora yo mu cyumweru gishize.
Ishyaka CHADEMA hamwe n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bavuze ko inzego z’umutekano zishe abantu barenga 1,000, ariko guverinoma yavuze ko ari ukubushya gusa ntitangaza imibare yayo yita iy’ukuri.
CHADEMA yatangaje ko umunyamabanga mukuru wungirije w’ishyaka, Amani Golugwa, yatawe muri yombi na polisi. Golugwa yashyizwe ku rutonde rw’abashakishwa hamwe n’abandi icyenda, bashinjwa kugira uruhare mu myigaragambyo, umunsi umwe nyuma y’uko abashinjacyaha barega abantu 145 icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi.
Mu itangazo polisi yasohoye yagize iti: “Urwego rwa polisi, ku bufatanye n’izindi nzego zishinzwe umutekano n’ingabo, rukomeje ibikorwa byo gushakisha no gufata abateguye, abayoboye n’abashyize mu bikorwa imyigaragambyo.”
Ku rundi ruhande umuyobozi wa CHADEMA, Tundu Lissu, yarezwe icyaha cyo guhungabanya umutekano w’igihugu muri Mata, kandi kutamushyira ku rutonde rw’abakandida hamwe n’undi mukandida ukomeye w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi byatumye imyigaragambyo ikara cyane.
Komisiyo y’amatora yatangaje ko Perezida wariho Samia Suluhu Hassan wo mu ishyaka rya Chama Cha Mapinduzi yatsinze amatora ku majwi hafi ya 98%, akaba yararahiriye kuyobora igihugu ku wa Mbere w’icyumweru gishize.
Abandi bashakishwa barimo John Mnyika, umunyamabanga mukuru wa CHADEMA, na Brenda Rupia, ushinzwe itangazamakuru ry’ishyaka, nk’uko byatangajwe na polisi.
Abagenzuzi b’Ihuriro ry’Afurika (AU) bavuze ko amatora yabaye muri Tanzaniya ataciye mu mucyo ndetse babonye ibimenyetso byo kwiba amajwi, ariko guverinoma yo yamaganye ibyo birego ivuga ko amatora yabaye mu mucyo.
Imyigaragambyo y’urugomo yabaye ku wa 29 Ukwakira mu mijyi ya Dar es Salaam, Arusha, Mwanza na Mbeya, ndetse no mu bice bitandukanye by’igihugu, nk’uko polisi yabitangaje ku wa Gatandatu bwa mbere igaragaza uburemere bw’ibyabaye.