Minisitiri w’Intebe wa Senegal, Ousmane Sonko, kuri uyu wa Gatanu wa tariki 28 Ugushyingo 2025, yatangaje ko kudeta yabaye muri Guinea-Bissau muri iki cyumweru ari uburiganya kandi asaba ko amatora yahungabanyijwe akomeza.
Nubwo hari ukwamagana kwinshi, abahiritse ubutegetsi kuri uyu wa Gatanu batangaje ko ‘Ilidio Vieira Te’ ari we wagizwe Minisitiri w’Intebe ndetse n’uw’Imari.
Iyo kudeta ije yiyongera ku miterere y’ihungabana rya politiki rimaze imyaka myinshi muri iki gihugu, kizwi guhuza ubucuruzi bw’ikiyobyabwenge cya cocaine kandi gifite amateka maremare yo kwivanga kw’igisirikare muri politiki.
Kuri uyu wa Kane kandi abasirikare bo muri Guinea-Bissau bashyize ku butegetsi Major-General Horta Inta-a nk’umukuru w’inzibacyuho, umunsi umwe nyuma yo guhirika ubuyobozi bwa gisivili mbere y’uko ibyavuye mu matora ya Perezida n’ay’Abadepite yo ku mpera z’icyumweru bitangazwa.
Amatora ya perezida yahanganishije Perezida uri ku butegetsi Umaro Sissoco Embaló na Fernando Dias, ufite imyaka 47, utari usanzwe uzwi cyane muri politiki wari wavuze ko ari we uri mu nzira yo gutsinda.
Inama y’Amahoro n’Umutekano ya AU, mu nama yihutirwa yateranye kuri uyu wa Gatanu, nayo yamaganye iyo kudeta, iyita impinduka y’ubutegetsi mu buryo budakurikije amategeko. Yahise ihagarika Guinea-Bissau mu bikorwa byose by’Umuryango wa Afurika kugeza ubwo hazasubizwaho gahunda ishingiye ku itegeko nshinga.
Impuzamashyaka y’ishyaka rya Dias yamaganye iyi kudeta, iyita uburyo bwo gukumira ko hatangazwa ibyavuye mu matora byari kwemeza itsindwa rya Embaló.
Embalo yageze muri Senegal ku wa Kane n’indege yihariye nyuma yo gutabarwa n’Umuryango w’Afurika y’Uburengerazuba (ECOWAS), nk’uko Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Senegal yabitangaje.