Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu gihugu cyabo hari abandi banze kuva ku butaka bwa Congo bakomeje gushinga ibirindiro mu misozi miremire ya Kivu y’Epfo, ku buryo bigoye ko amahoro yaboneka.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri huriro ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kane tariki 11 Ukuboza 2025 nyuma y’umunsi umwe gusa ribohoje umujyi wa Uvira.
Uyu mujyi wafashwe nyuma y’imirwano ikomeye yari ihanganishije abarwanyi b’iri huriro n’uruhande rurwanira Leta ya Kinshasa, aho muri iyi mirwano hari higanjemo abasirikare b’u Burundi.
AFC/M23 ivuga ko “Nubwo hari abasirikare benshi b’Ingabo z’Igihugu cy’u Burundi (FNDB) basubiye mu gihugu cyabo, hari bamwe muri aba basirikare b’abanyamahanga bashinze imizi mu misozi miremire ya Kivu y’Epfo, banze kuva ku butaka bwa Congo, nubwo hari benshi bakomeje gusaba ko haboneka amahoro mu karere.”
Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, rikomeza rivuga ko mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Kane, bamwe muri abo basirikare b’u Burundi binangiye bakanga gusubira iwabo, bagabye ibitero ku Banyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi b’Abanyamulenge mu gace ka Minembwe.
Kanyuka yavuze ko muri ibyo bitero, aba basirikare b’u Burundi bakoresheje intwaro zirimo iziremereye, ndetse bikaba byahitanye ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile nyinshi zirimo abagore n’abana.
Gusa iri huriro rivuga ko rikomeje guhagarara ku ntego yaryo yo kurinda no gutabara abaturage, kandi ko iyi ngingo ari ntayegayezwa, ridashobora no kuzayitezukaho.
Iri huriro kandi ryongeye gusaba Guverinoma y’u Burundi, gucyura vuba na bwangu abasirikare bose bayo bari ku butaka bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.