Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Nzeri 2025, Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA, kemeje ko Ikipe y’Igihugu ya Afurika y’Epfo yatewe mpaga nyuma yo gukinisha umukinnyi utari wemerewe gukina, Teboho Mokoena, mu mukino wayihuje na Lesotho muri Werurwe uyu mwaka.
Muri uwo mukino, Afurika y’Epfo yari yatsinze Lesotho ibitego 2-0, ariko nyuma y’iperereza ryimbitse, byagaragaye ko Mokoena yari afite amakarita abiri y’umuhondo, bityo akaba atari yemerewe kwitabira uwo mukino nk’uko amabwiriza ya FIFA abiteganya.
Uyu mukinnyi wari utemerewe gukina ni we washyizwe mu kibuga, bituma aka kanama gashinzwe imyitwarire gafata icyemezo gikakaye cyo gutera mpaga Afurika y’Epfo no kuyicira amande angana n’ibihumbi 12 by’amadorali y’Abanyamerika.
Uyu mwanzuro wahise uzana umwuka mushya mu ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, bijyanye nuko amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Isi cya 2026 yahise yiyongera.
Kuri ubu, u Rwanda rufite amanota 11, runganya na Nigeria ya gatatu mu itsinda C, ruri inyuma y’Afurika y’Epfo na Bénin banganya amanota 14. Lesotho ifite 9 naho Zimbabwe ikaba ifite 4.
Amavubi asigaje imikino ibiri, aho kuyitsinda yose byayihesha amahirwe akomeye yo gukatisha itike y’igikombe cy’Isi bwa mbere mu mateka.