Polisi ya Uganda yatangaje ko abantu nibura 46 bapfuye ubwo amabisi abiri n’izindi modoka ebyiri zagonganaga kuri uyu wa Gatatu wa tariki 22 Ukwakira 2025.
Ni impanuka yabereye ku muhanda uva Kampala ujya i Gulu, mu majyaruguru ya Uganda. Ni imwe mu mpanuka zikomeye cyane zibaye muri icyo gihugu mu myaka ya vuba.
Mu itangazo rya mbere, polisi yari yatangaje ko abapfuye ari 63, ariko nyuma isohora irindi tangazo isobanura ko bamwe mu bari babonetse bataritaba Imana aho imibare ivuguruye ari 46.
Iyi mpanuka yabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira ku wa Gatatu, saa sita z’ijoro, ubwo abashoferi b’amabisi abiri bari baturutse mu byerekezo bitandukanye bageragezaga kurenga izindi modoka baragongana.
Impanuka nk’izi zigaragara kenshi muri Uganda, igihugu gifite imihanda mito kandi idahagije. Polisi isanzwe ishinja abashoferi imyitwarire mibi mu muhanda irimo n’umuvuduko.
Umuvugizi wa Croix-Rouge ya Uganda, Irene Nakasiita, yavuze ko umubare w’abapfuye muri iyi mpanuka ari mwinshi cyane, ndetse ko amashusho yafashwe atabashije kuyasangiza kubera uburyo yari ababaje.
Nk’uko imibare ya polisi ibigaragaza, mu mwaka 2024 abantu 5,144 bapfiriye mu mpanuka zo mu muhanda muri Uganda, abarenze 4,806 bakaba barapfuye mu mwaka 2023 naho 4,534 bapfuye mu mwaka 2022 , ibigaragaza izamuka rikabije ry’impanuka mu myaka itatu ishize.
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni Tibuhaburwa ibinyujije ku rukuta rwa X yagaragaje ko yababajwe ndetse anashengurwa n’iyi mpanuka anakangurira Abanya-Uganda gukomeza kwitwararika mu muhanda..