Ikipe ya Liverpool yamaze guha rutahizamu wayo ukomoka muri Uruguay, Darwin Núñez, uburenganzira bwo kugirana ibiganiro n’ikipe yo muri Saudi Arabia, Al-Hilal, aho ibiganiro hagati y’impande zombi bigeze kure, ndetse amasezerano arashobora kurangira vuba igihe cyose uyu mukinnyi yemeye kujyayo.
Liverpool yaguze Darwin Núñez mu 2022 avuye muri Benfica ku mafaranga agera kuri miliyoni 64 z’amapawundi, yashoboraga no kugera kuri miliyoni 85 bitewe n’uko yagendaga yitwara. Kuri ubu, iyi kipe yamwifuza yakwishyurwa nibura miliyoni 60 kugira ngo Liverpool yemerere umukinnyi kugenda.
Amakipe nka AC Milan na Napoli yari afite ubushake bwo kumwegukana ariko amafaranga yasabwaga yabaye imbogamizi. Nubwo Al-Nassr yigeze gutanga miliyoni 60 muri Mutarama, Liverpool yarabyanze .
Kuri ubu ,ishami rya siporo ry’Umutsinzi twemeza ko Al-Hilal yamaze gutanga miliyoni 46 z’amapawundi (angana na miliyoni 53 z’ama-euro), hakiyongeraho inyongera zishobora gutuma amafaranga agera kuri miliyoni 56.6 (miliyoni 65 z’ama-euro).
Ubuyobozi bwa Liverpool ntiburamenyeshwa niba Núñez yemeye iyi transfer, ariko bivugwa ko ibiganiro biri kugana ku musozo. Al-Hilal irifuza ko uyu mukinnyi ajya kubonana n’abayobozi bayo aho bari mu mwiherero mu Budage.
Amakuru dukesha ikinyamakuru Guardian yemeza ko Núñez agomba kuzakina umukino wa Community Shield bazahuramo na Crystal Palace ku Cyumweru. Núñez amaze gutsindira Liverpool ibitego 40 mu mikino 143, akaba ari umwe mu bakinnyi bafite amazina akomeye bashobora kwinjira muri Saudi Pro League.
Núñez, w’imyaka 26, yakinaga nka rutahizamu wa mbere mu gihe cya Klopp ariko umwaka ushize ntiyahawe umwanya uhagije aho yabanje mu kibuga mu mikino umunani ya Premier League gusa. Nubwo yatsinze ibitego 18 mu mwaka wa nyuma wa Jurgen Klopp, muri uyu mwaka wa Arne Slot yatsinzemo birindwi byonyine.
Nunez yaje no gutsinda ibitego bibiri by’ingenzi mu minota ya nyuma ubwo batsindaga Brentford muri Mutarama.
Iyi transfer byitezwe ko ishobora kuzamura amafaranga Liverpool imaze gukura mu kugurisha abakinnyi kuva Richard Hughes yagirwa umuyobozi wa siporo muri ikipe yegukanye shampiyona ishize- akazi yatangiye umwaka ushize.
Iyi kipe ikunze gutazirwa imisambi imaze no kugurisha abarimo Tyler Morton muri Lyon ku mafaranga miliyoni 15, ndetse kandi na Harvey Elliott ndetse na Federico Chiesa bashobora kugurishwa vuba nkuko Talk Sport yabitangaje.
Liverpool nayo iracyari ku isoko, aho yatanze miliyoni 110 z’amapawundi ku rutahizamu wa Newcastle Alexander Isak, ariko Newcastle ikaba yifuza miliyoni 150.
Bamaze kandi gusinyisha Hugo Ekitike, ariko bamwe baribaza niba byari ngombwa gutanga miliyoni 80 ku mukinnyi ushobora kutabanza mu kibuga.
UMUTSINZI REPORTS .