Nibura abantu 32 nibo bamaze kumenyekana ko aribo bamaze gupfira mu mpanuka y’ubwato yabereye ku mugezi wa Niger, mu gace ka Borgu, muri Leta ya Niger mu majyaruguru ya Nigeria, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubutabazi , Abdullahi Baba Ara.
Ubwato bwari butwaye abagenzi bagera ku 100 barimo abagore n’abana, bwaje kurohama nyuma yo gutegwa n’igiti cyari cyibitse munsi y’amazi, aba bari baburimo bari buvuye gusura umuryango wari uherutse kubura umuntu.
Bwana Ara yavuze ko abagera kuri 50 bamaze gutabarwa, ariko abandi umunani bagishakishwa.
Yongeyeho ko hashyizweho itsinda ryishinzwe umutekano wo mu mazi rigamije gukumira ubucucike mu bwato no kugenzura ko abagenzi bose bambaye umwambaro ubafasha kudacubira mbere yuko ubwato bwinjira mu mazi .
Aho kuri uyu wa kane yabwiye ishami rya radiyo ya BBC rikorera muri Nigeria ati: “Birashoboka ko aba bashinzwe umutekano wo mu mazi batari mu kazi ubwo ubwato bwahagurukaga guso twashyize irindi tsinda rigiye kwita ku iyubahirizwa ry’ingamba zo kwirinda impanuka zo mu mazi.”
Impanuka z’ubwato muri Nigeria ni ikibazo gisanzwe kibazo, akenshi zituruka ku bucucike, ibikoresho birimo ubwato bwa gakondo bukoreshwa bitujuje ubuziranenge, n’ubuyobozi budakora inshingano zabwo uko bikwiye.
Muri Kanama gusa, abantu 25 baburiwe irengero nyuma y’indi mpanuka y’ubwato yabereye muri Leta ya Sokoto.
Leta ya Niger, aho iyi mpanuka iherutse kubera, niyo nini kurusha izindi zose muri Nigeria. Kubera intera ndende n’imihanda idakorwa neza, abaturage benshi bahitamo guca mu mazi kuko bihendutse kandi bigatwara igihe gito. Ibi ariko bikomeje kubashyira mu kaga gakomeye.