Perezida Donald Trump wa Amarika yaba agiye Kwakira Prezida mugenziwe Xi w’Ubushinwa Muguhosha Intambara y’Ubucuruzi?
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe Za Amerika Donald Trump Yatangaje ko Umwaka Wa 2025 Urangira Azagira urugendo mu Bushinwa Ndetse namugenziwe,Xi jinping Agasura Amerika.

Iyi Migenderanire Iramutse Ibaye hagati Yaba bakuru bibihugu byombi Byaba ari ishema ry’Aba Baperezida bombi Nkuko Ingingo Trump Yagarutseho Mukiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Breitbart.Ati ” Tuzareba Ikizaba,Kuko Mu Minsi Yavuba Birashooboka ko nzajya mu Bushinwa, kuko Hatagize igihinduka Na Perezida Xi jinping Ashobora nawe kuzaza Mbere yuko uy mwaka Urangira wa 2025.
Aha Trump Akomeza Avugako Ashaka Guhura na Perezida Xi Kugirango Bakemure Ikibazo cy’Intambara y’Ubucuruzi Imaze Igihe hagati y’Ibihugu Byombi,Kuko Nkubu Amerika n’Ubushinwa Bimaze Igihe mu Ntambara y’Ubucuruzi cyane ko muntangiro Amerika Yashizeho imisoro wi 145% kubicuruzwa biva muri Ikigihu cy’Ubushinwa,Ubushinwa nabwo mukwihorera bwahise bushiriraho Umusore wi 125% kubicuruzwa biva muri Amerika.
Nkuko Mubiganiro byabereye Mu Busuwisi Amerika Yemeje Kugabanya Iyimisoro ikagera kuri 30%, Ubushinwa nabwo bwarayigabanije buyigeza ku 10%, Nibwo izimpande zombi zemeranije ko zigiye guhana Agahenge k’Iminsi 90,Aka Gahenge kaka Zarangira muri kanama,kugirango barebere hamwe uburyo barushaho guhosha uyu mwuka mubi.

Mubyukuri Ntiharamenyena Igihe cyanyacyo Perezida Trump Azasurira Ubushinwa Gusa Nubwo Amakuru Atugeraho avugako Kuwa 3 Nzeri 2025 Trump azagera mu Bushinwa,Mwibuke ko kandi kizaba cyizihiza Imyaka 80 ishize kivuye muntambara ya kabiri y’isi yose.( kuva 3 Nzeri 1945 kugeza Kuwa 3 Nzeri 2025)
Hari Andi makuru Avugwako Bwana Trump Ashobora kuzahurirayo na Mugenziwe Bwa Vladmir Putin

