Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashyizeho igihembo cya miliyoni $50 ku ifatwa rya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, ashinjwa kuba umwe mu bakwirakwiza ibiyobyabwenge bakomeye ku isi no gukorana n’amabandi akwirakwiza kokaine muri Amerika.
“Ku buyobozi bwa Perezida Trump, Maduro ntazacika ubutabera kandi azabiryozwa,” byatangajwe n’Umunyamategeko Mukuru wa Leta ya Amerika, Pam Bondi, ku wa Kane mu mashusho yashyizwe hanze.
Maduro yarezwe mu rukiko rwa Manhattan mu mwak 2020, ku ngoma ya mbere ya Trump, hamwe n’abo bafatanyije mu gucura umugambi wo kwinjiza kokaine muri Amerika. Icyo gihe, Amerika yari yashyizeho igihembo cya miliyoni $15 ku kumufata. Nyuma, ubutegetsi bwa Biden bwazamuye amafaranga agera kuri miliyoni $25 ari na cyo gihembo cyatangajwe kuri Osama bin Laden nyuma y’ibitero byo ku wa 11 Nzeri 2001.
Nubwo icyo gihembo cyakubwe, Maduro aracyari ku butegetsi nyuma yo kwirengagiza Amerika, Ubumwe bw’u Burayi ndetse na zimwe mu nzego za Leta muri Amerika y’Amajyepfo zamaganye amatora ye yatsinze 2024, zigashyigikira uwo bahanganye nk’umuyobozi wemewe.
Mu kwezi gushize, ubutegetsi bwa Trump bwumvikanye na Venezuela ku kurekura Abanyamerika 10 bari bafungiye i Caracas, mu cyo Venezuela yise kwihimura kuri Amerika nyuma yo kwirukana abaturage bayo ku butaka bwa Amerika bakoherezwa muri El Salvador.
Bondi yavuze ko Minisiteri y’Ubutabera yafunze umutungo urenga miliyoni $700 ufitanye isano na Maduro, harimo indege ebyiri bwite, kandi ko hafi Toni 7 za kokaine zafashwe zoherejwe mu buryo bufitanye isano na Maduro.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Venezuela, Yvan Gil, avuga kuri ibi yavuze ko icyo gihembo ari “igisebo” kandi ashinja Bondi gukora “ikinyoma cya politiki cyateguwe”.