Uganda n’u Burusiya byongeye gushimangira ubufatanye bwabyo bwa dipolomasi n’ubukungu, nyuma yo gusoza inama y’ikiciro cya tekiniki y’Umuryango wa Uganda n’u Burusiya wita ku bufatanye mu by’ubukungu, ubumenyi n’ikoranabuhanga, yabereye muri Uganda.
Iyi nama yabaye intambwe ikomeye mu gushyira mu bikorwa imishinga yari yarumvikanweho mbere, ndetse inafungura inzira nshya z’imikoranire mu bucuruzi, ubumenyi, uburezi, ubuhinzi, ingufu, ubuvuzi n’ubwirinzi.
Abahagarariye impande zombi bashimye intambwe imaze guterwa binyuze mu masezerano asanzweho, kandi bagaragaza icyizere cy’uko ibikorwa byo gufatanya mu mishinga izwi bizihuta. Inama yanzuye ko hagomba gushyirwaho uburyo bushya bwo guhuza ibikorwa kugira ngo ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga rigende neza kandi ibyavuye mu biganiro bigere ku ntego vuba.
Amasosiyete n’amatsinda y’abahanga mu by’ikoranabuhanga na tekiniki yagiranye ibiganiro byimbitse bigamije gukomeza ubufatanye mu burezi bwo ku rwego rwa kaminuza, mu guhindura igice cy’ubuhinzi , mu gukomeza guhanga udushya mu buvuzi no mu bushakashatsi mu by’ubumenyi.
Kwinjira kwa Uganda muri BRICS nk’igihugu cy’Umufatanyabikorwa kuva ku wa 1 Mutarama 2025 kwagarutsweho cyane mu biganiro, nk’amahirwe akomeye yo guteza imbere ubucuruzi no gusangira ikoranabuhanga.
Ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi bukomeje kwiyongera ku muvuduko uhoraho. U Burusiya bwohereza muri Uganda ibinyampeke, impapuro, imashini n’ibikoresho by’inganda, mu gihe ikawa, icyayi, imbuto n’ibicuruzwa byatunganyijwe bya Uganda bikomeje kwinjira ku isoko ry’u Burusiya .
Umubano wa Uganda n’u Burusiya watangiye ku wa 13 Ukwakira 1962, hashize iminsi mike Uganda ibonye ubwigenge. Nyuma y’imyaka irenga 60, Moscow ikomeje kuba umwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu iterambere rya Kampala.
Inyandiko n’ingendo z’abayobozi bakuru ziherutse gukorwa zirimo urwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov n’urwa Visi Perezida wa Uganda Jessica Alupo zafashije gusubukura ubufatanye, zizana inzego nshya z’imikoranire no gushimangira intego y’ibihugu byombi yo guteza imbere ikoranabuhanga n’inganda.
Iyi nama ya tekiniki yasojwe n’imyiteguro y’inama ku rwego rwa ba Minisitiri iteganyijwe ku wa 9 Ukwakira 2025 kuri Speke Resort Munyonyo, aho abayobozi bakuru b’ibihugu byombi bazafatira imyanzuro ya nyuma.
Abitabiriye inama bashimye ibiganiro byabaye, bayigaragaza nk’ikimenyetso cy’imbaraga nshya mu guteza imbere amahoro, umutekano n’ubukungu hagati ya Uganda n’u Burusiya.