Uwahoze ari umugore wa Perezida wa Koreya y’Epfo, Kim Keon Hee, umugore wa Yoon Suk Yeol wakuwe ku butegetsi, yagejejwe mu nkiko ashinjwa ruswa n’ibindi byaha, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’abashinjacyaha kuri uyu wa gatanu, mu gihe iperereza rikomeje ku bibazo byatewe n’itegeko rya gisirikare n’ibindi byaha bikomeye byakorewe mu gihe perezida n’uyu mugore we bari ku butegetsi.
Kim na Yoon bombi barafunze, kandi Yoon ari kuburanishwa ku byaha birimo gucura umugambi wo gukoresha ingufu za gisirikare nyuma y’uko asezerewe ku butegetsi muri Mata.
Nyuma yo gushyikirizwa urukiko, Kim yasabye imbabazi ku byababaje abaturage, avuga ko atazagira urwitwazo kandi azitabira urubanza.
Yagize Ati: “Nk’uko ukwezi kurabagirana cyane nijoro hijimye, nanjye nzihanganira ibi bihe, nishingikirije ukuri n’umutima wanjye.” Ubu butumwa bwanyujijwe mu banyamategeko be, ariko ntibwasobanura ibirego byihariye aregwa.
Kim aregwa ibyaha bishobora kumufungisha imyaka myinshi aramutse abihamijwe. Birimo uburiganya mu bijyanye n’imigabane aho hagati ya 2010 na 2012, bivugwa ko yinjije inyungu zinyuranyije n’amategeko zingana na miliyoni 810 z’amawoni (angangana na $583,510 USD).
Aregwa kandi kwakira ruswa ingana na miliyoni 80 z’amawoni, irimo ibikapu bibiri bya Chanel ndetse na diyama yahawe n’umukozi wo mu Itorero ry’Ubumwe (Unification Church) kugira ngo amufashe mu nyungu z’ubucuruzi bw’iryo torero.
Kim, wigeze kuba rwiyemezamirimo ukize, yari azwi nk’umwe mu bafashije cyane umugabo we kugera ku butegetsi.