Umunyamakuru w’Umushinwa, Zhang Zhan, w’imyaka 42, wakatiwe imyaka ine y’igifungo mu mwaka 2020 azira gutangaza amakuru ku cyorezo cya COVID-19 mu mujyi wa Wuhan aho cyagaragaye bwa mbere, yongewe indi myaka ine y’igifungo nk’uko byatangajwe n’umuryango mpuzamahanga uharanira ubwisanzure bw’itangazamakuru, Reporters Without Borders (RSF).
Zhang yashinjwe icyaha cyo “gushora abantu mu makimbirane no guteza imvururu” icyaha yakurikiranweho kuva ubwo yatangazaga amakuru ya mbere ku miterere ya COVID-19 mu Mujyi wa Wuhan.
Ishami rya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Bushinwa nta kintu riratangaza ndetse Nta makuru ahari yemeza niba Zhang yaba afite abamwunganira mu mategeko muri uru rubanza rushya.
Aleksandra Bielakowska, ushinzwe ibikorwa bya RSF muri Aziya-Pasifika yagize Ati: “Zhang Zhan akwiye kwitwa intwari y’amakuru ku rwego mpuzamahanga, aho gufungwa mu buryo bw’agahomamunwa nk’ubu,”
Yongeyeho ko: “Ihohoterwa n’ububabare Zhang arimo bigomba guhagarara. Birakenewe cyane ko umuryango mpuzamahanga ushyira igitutu ku Bushinwa kugira ngo ahite arekurwa.”
Zhang yatawe muri yombi mu mwaka 2020 nyuma yo gushyira amashusho n’amakuru y’ukuri ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uko ibitaro byari byuzuye abarwayi , bitandukanye n’ukuri kwahabwaga rubanda n’ubutegetsi bw’u Bushinwa. Umwavoka we icyo gihe, Ren Quanniu, yavuze ko Zhang yizeraga ko afunzwe azira uburenganzira bwe bwo gutanga ibitekerezo.
Zhang yari yararekuwe muri Gicurasi 2024, ariko yongeye gutabwa muri yombi mu kwezi kwa munani afungirwa mu kigo cy’imbohe cya Pudong i Shanghai.
RSF yavuze ko igihano gishya yahawe gishingiye ku makuru yagiye atangaza yerekeye ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu mu Bushinwa. Umwavoka we wa mbere, Ren, yatangaje kuri X ko ibyo ashinjwa bishingiye ku bitekerezo Zhang yanditse ku mbuga z’amahanga, kandi ko atari ibyaha.