Umuhanzikazi w’umunya-Tanzania Zahara Othman wamamaye nka “Zuchu”, yatangaje ko ari mu bazaririmbira abazitabira umukino wa nyuma w’irushanwa rya CHAN 2024, uzabera ku kibuga cya Moi International Sports Centre, i Nairobi muri Kenya, ku wa Gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025.
Ibi Zuchu yabitangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, aho yemeje ko yahawe ubutumire bwo kuririmbira abakunzi b’umupira w’amaguru bazitabira ibi birori bikomeye, bikaba birimo kubera mu bihugu bitatu birimo Kenya, Uganda na Tanzania. Ni irushanwa ryitabirwa n’amakipe y’ibihugu agizwe n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, rizwi nka CHAN [African Nations Championship].
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Kenya ryatangaje ko Zuchu atari we wenyine uzasusurutsa iki gikorwa, kuko n’abandi bahanzi bakomeye barimo Eddy Kenzo wo muri Uganda na Savara wo mu itsinda rya Sauti Sol nabo bazaba bahari. Ibi bikaba bigaragaza uburyo uyu mukino wa nyuma uteguwe ku rwego rwo hejuru, ugamije guhuza siporo n’umuziki mu rwego rwo gushimisha abafana.
Umukino wa nyuma wa CHAN PAMOJA 2024 utegerejwe n’amatsiko menshi, aho uzahuza ikipe ya Maroc imaze kwegukana iri rushanwa inshuro ebyiri, na Madagascar igeze bwa mbere ku mukino wa nyuma mu mateka yayo. Maroc yahageze itsinze Senegal kuri penaliti 5-3 nyuma yo kunganya 1-1 mu gihe cy’iminota isanzwe n’iy’inyongera, naho Madagascar yo yatsinze Sudan igitego 1-0 gitsinzwe na Toky Rakotondraibe ku munota 116′ w’umukino.
Uyu mukino uzatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, ukazabera i Nairobi kuri sitade ya Moi International Sports Centre.