Nta minsi myinshi ishize ishyirahamwe rirebera inyungu za ruhago muri Afurika(CAF) ritangaje ko habura iminsi ijana(100), ngo irushanwa ry’igikombe cy’Afurika ritangire mu gihugu cya (Maroc) dore ko rizaba ribaye ku nshuro ya 35. Ni n’igihe cyiza kandi dore ko turi mu cyumweru kigomba gutangiramo imikino ya UEFA champions league ndetse abenshi mu bari ku rutonde bakaba bisangamo cyane.
Uyu munsi umwanditsi w’ikinyamakuru Dailybox yicaye abategurira inkuru ivuga ku rutonde rw’abakinnyi 11, beza b’abanya-Afurika babayeho mu mateka ya ruhago. Ni urutonde dusangamo amwe mu mazina azwi gusa icyo rwihariyeho n’uko hibandamo abakinnyi bakina mu busatirizi.
Icyo ugomba kumenya cyo nuko ari urutonde rwakozwe hagendewe ku mibare ya buri umwe ndetse bakaba bakurikirana hagendewe ku bwiza bwabo mu kibuga.
Dore urutonde rw’abakinnyi 11 beza b’Abanyafurika babayeho mu mupira w’amaguru:
1. George Weah (Liberia)
Weah ni we mukinnyi wa mbere w’umunyafurika wabaye umukinnyi mwiza ku isi dore ko yatwaye (Ballon d’Or ya UEFA) mu 1995. Yabaye kandi Perezida wa Liberia ubwo yatorwaga 2018.
2. Samuel Eto’o (Cameroun)
Eto’o ni umukinnyi w’umunyafurika watsindiye Ballon d’Or z’Afurika inshuro enye (2003, 2004, 2005, 2010). Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yakiniye amakipe nka Barcelona,Chelsea na Inter de Milan yanatwayemo ibikombe byinshi.
3. Didier Drogba (Côte d’Ivoire)
Drogba ni umwe mu basore bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika. Uyu yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yatsindiye Chelsea ibitego byinshi ndetse atwarana nayo ibikombe byinshi, harimo na UEFA Champions League.
4. Mohamed Salah (Misiri)
Salah, ni umwe mu basore bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika ndetse ugikina muri iki gihe. Yatsindiye Liverpool ibitego byinshi ndetse atwarana nayo ibikombe byinshi, harimo UEFA Champions League na Premier League.
5. Yaya Touré (Côte d’Ivoire)
Yaya Touré, ni umwe mu bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika. Yatwaranye na Manchester City ibikombe byinshi, harimo na Premier League, kandi yabaye umukinnyi mwiza w’umunyafurika inshuro nyinshi.
6. Roger Milla (Cameroun)
Roger Milla, ni umwe mu bagabo bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika.
Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yatwaranye na Cameroun ibikombe byinshi, harimo na Africa Cup of Nations ndetse utiyibagije ko yagejeje iki gihugu muri 1/4 cy’igikombe cy’isi muri 1990 ubwo iyi mikino yaberaga mu Butaliyane.
7. Jay-Jay Okocha (Nigeria)
Okocha, ni umwe mu basore bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika. Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yatwaranye na Nigeria ibikombe byinshi, harimo na Africa Cup of Nations.
8. Pierre-Emerick Aubameyang (Gabon)
Aubameyang ni umwe mu bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika. Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yatwaranye n’amakipe ya Borussia Dortmund na Arsenal ibikombe bitandukanye.
9. Michael Essien (Ghana)
Essien, nawe n’umwe mu basore bakomeye b’umupira w’amaguru muri Afurika. Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi abasha no gutwarana n’amakipe nka Chelsea ibikombe byinshi, harimo Premier League na UEFA Champions League yo muri 2012.
10. Nwankwo Kanu (Nigeria)
Kanu, ni umwe mu bagabo bakomeye babayeho mu mupira w’amaguru muri Afurika. Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yabashije gutwarana n’amakipe ya Ajax na Arsenal ibikombe byinshi.
11. Abedi Pelé (Ghana)
Abedi Pelé nawe ni umwe mu bagabo bakomeye babayeho mu mupira w’amaguru muri Afurika. Yabaye umukinnyi w’umunyafurika w’umwaka inshuro nyinshi kandi yatwaranye ibikombe byinshi n’amakipe atandukanye arimo Marseille.
Nta kabuza ko kuri uru rutonde dusangaho abakina basatira benshi, ibintu bitanyuranya n’icyangombwa muri ruhago dore ko abenshi bavuga ko icy’ingenzi mu mupira ari igitego.