Umunyapolitiki wanabaye Minisitiri w’Igenamigambi wa Repubulika ya Demokarasi ya Kongo , Olivier Kamitatu, yamaganye ubutumwa bw’urwango bwatanzwe n’umutwe wa Wazalendo bushishikariza kwirukana, ndetse no kurimbura Abanyamulenge.
Uyu munyapolitiki yamaganye bikomeye ubutumwa bw’urwango bwatanzwe n’umutwe wa Wazalendo bushishikariza kwirukana, ndetse no kurimbura Abanyamulenge n’abandi ba Tutsi baba mu mujyi wa Uvira, mu Ntara ya Kivu y’Epfo.
Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa X , Kamitatu yagaragaje impungenge ziterwa n’iyi myumvire mibi ishingiye ku moko, avuga ko ari intandaro yo guhungabanya amahoro mu Burasirazuba bwa Congo.
Aho yagize Ati: “Iyi myumvire y’urwango ikwiye guhagarikwa, kuko irimo gutegura ubundi bwicanyi.”
Ubutumwa buherutse gushyirwa ahagaragara n’umutwe wa Wazalendo, bufite umutwe ugira uti: “Nta mututsi n’umwe ugomba kuguma Uvira”, bwashimangiraga ko Abanyamulenge bagomba kuba bamaze kuva muri Kivu y’Epfo bitarenze iminsi 10.
Ibi byateje impaka ndende n’impuruza mu batuye ako gace ndetse n’abaharanira uburenganzira bwa muntu.Uvira iherereye ku nkengero z’ikiyaga cya Tanganyika, ahagana nko ku birometero 25 uvuye i Bujumbura, ni umujyi wa kabiri mu munini muri Kivu y’Epfo nyuma ya Bukavu, umujyi wafashwe n’inyeshyamba za AFC/M23 muri Gashyantare 2025.
Kamitatu, wabaye Perezida w’Inteko Nshingamategeko y’inzibacyuho ndetse na Minisitiri w’Igenamigambi wa Kongo hagati ya 2007–2011 ndetse na 2014–2015, yavuze ko ibyo Wazalendo batangaje bigaragaza “imyumvire y’irondabwoko idakwiriye mu gihugu kirimo gushaka amahoro.”
Mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku wa 11 Nzeri, umuvugizi wayo Lawrence Kanyuka yashinje ingabo za Congo [FARDC] n’abafatanyabikorwa bazo barimo FDLR, Wazalendo, abacanshuro n’ingabo z’u Burundi, kwibasira abasivili no gukora ubwicanyi bwitwaje urwango rw’amoko.
Yakomeje asaba ko abatangaza amagambo ashyigikira urwango n’irondabwoko bakwiye kuryozwa ibikorwa byabo. Ati: “Amateka azabacira urubanza. Ariko ubu ni bwo dutegerejweho kugira icyo dukora. Kubaho kw’Igihugu cyacu gishingiye ku bumwe n’ubwubahane biri mu kaga.”
Umunyamategeko w’umubiligi n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Bernard Maingain, na we yavuze ko hari “imbaraga zikomeye ziri inyuma y’iri vangura” ndetse ashinja bamwe mu bahagarariye amahanga, cyane cyane Loni, kwirengagiza uruhare rw’ingabo za Congo n’imitwe iyifasha mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi.