Urukiko Rukuru rwa Brazil rwafashe umwanzuro wo gufungira mu rugo uwahoze ari perezida w’iki gihugu, Jair Bolsonaro aho akurikiranweho ibyaha byo gushaka guhindura ibyavuye mu matora 2022.
Jair Bolsonaro yabaye perezida wa Brazil kuva mu mwaka 2019 kugera 2023, yabaye umusirikare mukuru mu ngabo z’iki gihugu ndetse aba numwe mu bagize inteko y’abadepite.
Misiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye iki cyemezo cy’urukiko mu gihe umwuka utari mwiza hagati y’ibihugu byombi ukomeje kuzamuka dore ko Donal Trump aherutse kongera imisoro ku bicuruzwa by’iki gihugu biza muri Amerika akageza ku kigero cya 50%.
Umucamanza Alexandre de Moraes yashyizeho iryo tegeko kuri uyu wa mbere Mbere, avuga ko Bolsonaro yananiwe kubahiriza ibyo yasabwe n’urukiko birimo kudakoresha imbuga nkoranyambaga ndetse na telephone.
Ku wa Mbere, Ishami ry’Amerika rishinzwe Amerika y’Iburengerazuba ryashinje umucamanza Moraes gukoresha ububasha afite mu kuniga abatavuga rumwe n’ubutegetsi no guhungabanya demokarasi, binyuze mu butumwa bwanyujijwe ku rukuta rwa X (Twitter).
“Leta Zunze Ubumwe za Amerika yamaganye itegeko rya Moraes rishyira Bolsonaro muri gereza yo mu rugo kandi tuzafata ingamba ku bantu bose bafasha cyangwa batiza umurindi ibikorwa bihabanye n’amategeko.”
Leta ya Amerika yanashyizeho ibihano kuri Moraes kubera ibyo yise “kwica uburenganzira bwa muntu ku rwego rukabije,” inatangaza ko yamufatiye ingamba zo kumubuza visa kimwe n’abandi bayobozi b’urukiko bazwi mu rubanza rwa Bolsonaro.
Abashyigikiye Bolsonaro muri Brazil bakiriye neza ibi byakozwe na Amerika banashima Donald Trump. Ariko ubutegetsi buriho muri Brazil hamwe n’abandi benshi muri Amerika y’Epfo babifashe nk’aho Amerika yivanze mu bibazo by’imbere muri Brazil.