Umugabo w’imyaka 47 yatawe muri yombi nyuma y’uko umukino wa mbere wa Premier League wo ku wa Gatanu wahagaritswe by’akanya gato kubera ivangura rishingiye ku ruhu.
“Twafashe umugabo dukurikiranyeho amakuru avuga ko yakoreye ivangura ruhu Antoine Semenyo ukinira Bournemouth mu mukino wa Premier League wahuje ikipe ye na Liverpool kuri Anfield ku wa Gatanu tariki ya 15 Kanama.’ Ibi Polisi ya Merseyside yabitangaje mu itangazo ry’ayo ryo Kuri uyu wa Gatandatu.
Ku munota wa 26 w’umukino, amashusho yanyujijwe kuri televiziyo yerekanye umufana aganira na Semenyo ubwo yari agiye kuzana umupira ngo awurengure. Uwo mufana wafunzwe yagaragaye arimo asakuza ndetse yerekeza urutoki kuri Semenyo ukina ku ruhande mbere y’uko uyu Munya-Ghana asubira mu mukino.
Bidatinze, umukino warahagaritswe by’igihe gito ubwo abatoza n’abakinnyi bamwe baturutse ku mpande zombi bahuriraga n’umusifuzi Anthony Taylor mu gace kabugenewe baganira ku byabaye hagati y’umufana na Semenyo.
Ku wa Gatandatu, Semenyo yashyize ubutumwa kuri X(Twitter), avuga ko uwo mugoroba uzamusigaramo ubuziraherezo “atari ukubera amagambo y’umuntu umwe, ahubwo ari ukubera umuryango wose w’umupira w’amaguru wahagurukiye hamwe.”
Uwo mukinnyi w’imyaka 25 yashimiye bagenzi be bakinana muri Bournemouth ndetse n’abakinnyi ba Liverpool, kimwe n’abasifuzi ku buryo bitwaye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza (FA) na ryo ryashyize hanze itangazo nyuma y’iki kibazo, rivuga ko “rifite impungenge” ku “ivangura ryakozwe n’abafana,” ryiyemeza gukorana n’inzego zishinzwe umutekano, amakipe yombi n’abasifuzi “hagambiriwe kumenya ukuri no gufata ibyemezo bikwiye.”