Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 26 Kanama 2025, Igihugu cya Iran cyatangaje ko kizafata ingamba zo gusubiza nyuma y’uko Australia itangaje ko yirukanye ambasaderi wayo, ishinja Iran kuba ariyo yatumye habaho ibitero by’ubwiyahuzi byibasiye ibikorwa by’abayahudi mu mijyi ya Sydney na Melbourne.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, umuvugizi w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Esmaeil Baqaei, yavuze ko ibyo birego byose byakwirakwijwe ari ibinyoma, anashimangira ko igikorwa icyo ari cyo cyose kibangamira ububanyi n’amahanga mu rwego rw’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi, kizajya gisubizwa mu buryo bunoze kandi bukwiye.
Baqaei yahamije ko icyo Australia yakoze kizatuma Iran igira icyo ikora cyihuse kandi gikomeye, nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Tehran nyuma y’icyemezo cya leta ya Canberra [Austaralia].
Ku rundi ruhande, Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yavuze ko igihugu cye cyafashe uruhande rwo guhamya ko Iran ariyo yateje inkongi y’umuriro ku nyubako yafatirwagamo ikawa iri mu gace ka Bondi, mu mujyi wa Sydney, mu Ukwakira 2024 no mu isoko rya gace ka Adass Israel kari I Melbourne mu Ukuboza 2024.
Uku kutumvika ntabwo kwadutse ubu kuko mu mwaka 2024, Australiya yasabye Ambasaderi Ahmad Sadeghi wa Iran n’abandi bantu bane b’Abayobozi b’igihugu cya Iran kuva mu gihugu mu minsi irindwi, inasenya  ambasade yayo muri Tehran, ku buryo byagaragaraga ko itazongera gukora imirimo yayo muri iki gihugu cya Iran gusa nyuma yaje kongera gusubukura imirimo yayo.
Muri Kamena 2025 , mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, Iran n’igihugu cya Israel byagiranye intambara ikomeye, ibi byanavuyemo ibitero byagabwe ku mishinga y’inganda zitunganya ingufu za nucléaire za Iran nka Fordo, Natanz na Isfahan.