Ikipe ya Rayon Sports igiye gutandukana n’Umunya-Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Chadrack Bing Bello, nyuma yo kunanirwa kumvikana ku mafaranga.
Uyu musore ukina mu busatirizi yari amaze iminsi mu Rwanda ndetse akina imikino yo kwitegura umwaka mushya w’imikino(Pre-season games) hamwe na Rayon Sports gusa yari itarishyura uyu mukinnyi.
Ikipe ya Rayon Sports yari yumvikanye na Daring Club Motema Pembe (DCMP) ko umukinnyi azagurwa ibihumbi 30 by’amadorali aho ikipe yari kuzahabwa ibihumbi 15 umukinnyi akazahabwa ibihumbi 15 nyuma.
Nyuma y’uko agize umusaruro mubi mu mikino yo kwitegura umwaka mushya w’imikino, Rayon Sports yasabye DCMP ko amafaranga yagabanuka akagera ku bihumbi 25 by’amadorali, ikipe igafata 10 hanyuma umukinnyi agafata 15 ibyo DCMP yanze.
Uyu Rutahizamu yari yitezweho byinshi bitewe n’imibare yari afite mu myaka ibiri y’imikino ishize aho yari yaratsinze ibitego 23 asinya imyaka ibiri muri Rayon Sports.
Chadrack Bing Bello, nta gitego yatsinze mu mikino yose Rayon Sports yakinnye mu kwitegura umwaka mushya w’imikino harimo n’uwa Young Africans nubwo yagizemo imvune yatumye asiba imwe mu mikino.
Kuri ubu Rayon Sports igiye gushingira kuri Ngagne Fall ndetse na Habimana Yves baguze mu ikipe ya Rutsiro FC kuko ni bo bazwi nk’abakinnyi ba Rayon Sports.
Abakinnyi Rayon Sports iherutse gutangaza ko yatandukanye nabo!
- Innocent Assana NA
- Patient NDIKURIYO
- Abdul Rahman RUKUNDO