Umutwe wa Hamas wemeje ko Muhammad Sinwar, wahoze ari umuyobozi w’ingabo zawo muri Gaza, yapfuye.
Ibi byatangajwe ku wa Gatandatu tariki ya 30 Kanama 2025, hashize amezi atatu Israel itangaje ko yamwishe mu gitero cy’indege cyabaye mu kwezi kwa Gicurasi.
Nubwo Hamas itigeze itanga ibisobanuro birambuye ku rupfu rwe, yashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza Sinwar ari kumwe n’abandi bayobozi bayo bamaze kwicwa n’ingabo za Israel, bose ikabita “intwari zaguye ku rugamba.”
Muhammad Sinwar yari murumuna wa Yahya Sinwar, wahoze ari umuyobozi mukuru wa Hamas muri Gaza, ndetse akaba n’umwe mu batekereje igitero cyo ku wa 7 Ukwakira 2023 cyagabwe muri Israel, cyahitanye abantu benshi.
Yahya nawe yishwe mu mpera za 2024 n’ingabo za Israel. Nyuma y’urupfu rwe, ni bwo Muhammad Sinwar yafashe ubuyobozi bwa gisirikare bwa Hamas muri Gaza.
Amakuru aturuka mu gisirikare cya Israel avuga ko Muhammad Sinwar yishwe ubwo yari ahuriye mu nama na ba komanda babiri ba Hamas: Muhammad Shabana wari uyoboye Brigade ya Rafah, na Mahdi Quara wayoboraga umutwe wa gisirikare i Khan Younis. Iyi nama yabereye hafi y’ibitaro bya European Hospital, mu majyepfo ya Gaza.
Israel ivuga ko yatinze kugaba icyo gitero ku bw’impungenge ko hashobora kuba hari imbohe z’Abisirayeli hafi aho, ariko nyuma y’uko itangajwe ko nta n’imwe ihari, yahise igaba igitero cyahitanye abo bayobozi batatu ba Hamas.
Muhammad Sinwar yari afite imyaka 49. Yari umwe mu bayobozi bakomeye ba Hamas mu gisirikare no muri politiki, akaba yaranagize uruhare rukomeye mu igenamigambi ry’ibikorwa bya Hamas mu Ntara ya Gaza.