Ikipe y’Abagore ya Uganda ku wa Gatandatu wa tariki 30 Kanama 2025, yegukanye igikombe cy’Isi cy’aba-Homeless (Homeless ni abantu batagira aho baba akenshi bibera mu mihanda) itsinze Mexique ku mukino wa nyuma.
Iri rushanwa ryabereye i Oslo muri Norvège, ryasize Uganda ikoze amateka yo kuryegukana itsinze Mexique ibitego bitandatu ku busa(6-0) yari imaze imyaka 7 yegukana iri rushanwa.
Stella Namisango ni we wigaragaje cyane mu mukino wa nyuma, atsinda ibitego bitatu (hat-trick), mu gihe Eva Nagayi na Jemimah Twesigye batsinze ibindi.
Uganda yabaye ikipe ya mbere yo muri Afurika yegukanye iri rushanwa. Ku ruhande rw’abagabo, Misiri nayo yatsinze Portugal ibitego 4-3, iba ikipe ya mbere yo muri Afurika igeze ku mukino wa nyuma ikanegukana igikombe.
Perezida wa FIFA Gianni Infantino yanyujije ubutumwa ku rukuta rwe rwa Instagram ashimira Uganda ku ntsinzi y’amateka.
Ikipe ya Uganda yari igizwe ahanini n’abakinnyi bakinira muri FUFA Women Super League, abenshi muri bo bakaba bakina mu ikipe y’Abagore ya Kaminuza ya Makerere.
Homeless World Cup (HWC) ni irushanwa ngarukamwaka ry’umupira w’amaguru ritegurwa na Homeless World Cup Foundation, umuryango uharanira kurandura ubuzima bwo kuba mu mihanda ukoresheje siporo. Uyu muryango utegura buri mwaka irushanwa mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru ryitabirwa n’amakipe agizwe n’abantu baba mu mihanda baturutse mu bihugu bitandukanye.
Iri rushanwa ryabaye bwa mbere mu mwaka 1999, hanyuma mu mwaka 2008 hongerwamo icyiciro cy’abagore. Kuva mu mwaka 2010 kugeza ubu, amarushanwa yose aba arimo amakipe y’abagabo n’ay’abagore.