Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yambutse umupaka ajya mu Bushinwa mu masaha y’ijoro ryo ku wa Kabiri aciye muri gari ya Moshi, aho agiye kwitabira ibirori byo kwibuka imyaka 80 ishize u Buyapani bwemeye gutsindwa mu ntambara ya abiri y’Isi yose.
Nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cyegereye ubutegetsi bw’iki gihugu cya Rodong Sinmun, Kim ari kumwe n’abayobozi bakomeye bo mu Ishyaka ry’Abakozi rya Koreya ndetse n’abayobozi bo mu nzego bwite za leta ya Koreya ya Ruguru, bakaba bose bamuherekeje muri uru ruzinduko rwe mu gihugu cy’Ubushinwa.
Uru ruzinduko ruje nyuma y’inama iheruka kubera i Tianjin y’ihuriro rya Shanghai Cooperation Organisation [SCO], aho Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa na Perezida Vladimir Putin w’u Burusiya banenze imitegekere y’Isi ishingiye ku Banyaburayi n’Abanyamerika
Ibi birori byitezweho guhuriza hamwe ku nshuro ya mbere Perezida Xi, Perezida Putin na Kim Jong Un, bifatwa nk’intambwe ikomeye mu gutsura umubano wa dipolomasi hagati y’ibi bihugu bitatu.
Nk’uko byatangajwe na Jenny Town, umuyobozi w’umushinga w’ubushakashatsi wiswe 38 North akaba n’umusesenguzi mu bya politike mpuzamahanga, ngo iyi ni intambwe ikomeye muri dipolomasi kuri Kim, kandi igaragaza ko Koreya ya Ruguru ikomeje kwiyubaka nk’umufatanyabikorwa ukomeye mu rwego rw’umutekano kandi ko iri ku ruhande rumwe na Bushinwa n’u Burusiya.
Kuva Kim Jong Un yagera ku butegetsi mu mwaka wa 2011, amaze guhura na Perezida Xi inshuro eshanu, iya nyuma ikaba yarabaye muri 2019. Kim kandi amaze guhura na Perezida Putin inshuro eshatu, harimo n’iyo muri Kamena 2024 iheruka, ubwo basinyiraga amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare i Pyongyang.
Ibi bikorwa byose bibaye mu gihe Koreya ya Ruguru ikomeje kohereza abasirikare benshi gufasha u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine. Amakuru aturuka mu Rwego rw’Ubutasi rwa Koreya y’Epfo [NIS] bahora barebana ay’ingwe ,avuga ko abarenga 2,000 boherejwe na Pyongyang bamaze kugwa muri iyo ntambara, abenshi muri bo bari mu gace ka Kursk.
NIS ivuga ko Koreya ya Ruguru iteganya kohereza abandi basirikare 6,000, ndetse 1,000 bamaze kugera ku butaka bw’u Burusiya.