Igisirikare cya Israel cyatangaje ko kigiye gutangiza igitero gikomeye kigamije kwigarurira umujyi wa Gaza , gitanga gasopo y’uko abaturage bakwiye kwimukira mu karere ka Al-Mawasi, kiswe “akarere k’ubutabazi.”
Itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga n’umuvugizi w’igisirikare cya Tel Aviv, Avichay Adraee, ryasabye abaturage gufata iki cyemezo hakiri kare.
Aho yagize ati: “Fata uyu mwanya ube umwe mu bihitiyemo kwimuka kare werekeza mu gace ka Al-Mawasi, aho abandi ibihumbi byamaze kugera.”
Ibi bije nyuma y’aho, muri Kanama 2025, inama y’umutekano ya Israel yemeje umugambi wo kwigarurira umujyi wa Gaza, nk’uko byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu. Nubwo yari yaratangaje ko Israel izafata Gaza yose, ubu umugambi ugarukira mu gace ka Gaza City gusa.
Hashize ibyumweru byinshi ingabo za Israel ziri mu bikorwa byo kugota umujyi wa Gaza, cyane cyane mu nkengero zawo, zitegura icyo bise “igutero cyo gusukura” ako gace ; byemezwa ko ari indiri y’umutwe wa Hamas.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita mpuzni ryatangaje impungenge z’uko iki gitero cyose gishobora guteza ibyago bikomeye ku bantu barenga miliyoni baba mu mujyi wa Gaza n’inkengero zawo.
Raporo zawo zivuga ko abantu barenga 64,000 bamaze kuhasiga ubuzima kuva imirwano yatangira, mu gihe ibice byinshi by’umujyi byamaze kuba amatongo.
Mu gihe ibikorwa bya gisirikare bikomeje, Israel yatangaje intego eshanu z’ingenzi z’uyu mugambi mushya: kurandura Hamas, kurekura imbohe zose, guca intwaro muri Gaza, kugenzura umutekano wose no gushyiraho ubuyobozi bushya butari ubwa Hamas cyangwa bwa Leta ya Palestina.
Gusa ibi byateye impaka ku rwego mpuzamahanga. Aho Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yavuze ko uwo mugambi “atari wo,” yemeza ko uziyongera ku bwicanyi aho gukemura ikibazo.
Aho yagize ati: “Ibi ntacyo bizamarira abashimuswe kandi ntibizana amahoro. Bizateza ibindi bibazo gusa.”