Ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za AFC/M23 n’imitwe ya Wazalendo ifatanyije n’ingabo za Leta FARDC], isiga ibice byinshi byegereye isantere ya Masisi bigaruriwe n’izo nyeshyamba.
AFC/M23 yamaze gushyiraho ibirindiro mu duce twa Mafuo, Biholo, Shoa, Bwambaliro, Busoro, Kinyeere, Burora ndetse na Ngesha – aho hose hibarizwa muri segiteri ya Osso Banyungu, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Abasesenguzi bavuga ko iyi ntsinzi ari intambwe ikomeye kuri AFC/M23, dore ko imaze iminsi yiyemeje kwagura ibice igenzura muri ako karere, ikoresheje imbaraga z’ingabo n’imyitozo yihariye y’abarwanyi bayo.
Nyuma yo gutsindwa muri iyo mirwano, abarwanyi ba Wazalendo n’Ingabo za FARDC basubiye inyuma, bahungira mu duce twa Kazinga na Mahanga, aho umupaka wa teritwari ya Masisi uhurira na Walikale.
Ikinyamakuru Actualite cyatangaje ko ubu Wazalendo na FARDC biri kwisuganya, bitegura igikorwa cyo kongera kwisubiza uduce batakaje, hakoreshejwe imirwano ivugwaho kuba itegurwa mu ibanga rikomeye.
Nubwo AFC/M23 yamaze kwigarurira Masisi mu buryo , hari ibice bimwe na bimwe bikiri mu maboko ya Leta ya Congo, ibintu bishimangira ko imirwano itararangira, ndetse n’akarere kakiri mu rungabangabo.
Umutekano muri Kivu y’Amajyaruguru ukomeje kuba ikibazo gikomeye, aho abaturage b’utwo duce batakamba basaba amahanga n’imiryango mpuzamahanga kugira icyo bikora ngo amahoro asubire mu karere.