Kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 Nzeri 2025, ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo [DRC] n’umutwe wa AFC/M23 biyemeje kurekura imfungwa za buri ruhande, nk’intambwe nshya mu rugendo rugana ku mahoro arambye mu burasirazuba bwa Congo.
Ibi byagezweho ku bufasha bwa Leta ya Qatar n’imbaraga za Komite Mpuzamahanga ya Croix Rouge [ICRC].
Aya makuru yemejwe na Massad Boulos, umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ubufatanye na Afurika. Yagize ati: “Dushimye isinywa ry’uburyo bwo kurekura imfungwa ryakozwe na Leta ya RDC na AFC/M23, intambwe ikomeye iganisha ku guhagarika ubushyamirane no ku mahoro mu burasirazuba bwa DRC.”
Hashingiwe kuri ubu buryo bwumvikanyweho, ICRC izagira uruhare mu gushakisha imfungwa, kuzigenzura no kuzifasha kurekurwa. Boulos yashimiye uruhare rukomeye rwa Qatar na ICRC, anasaba impande zombi gukomereza kuri iyi ntambwe bagana ku masezerano ya nyuma y’amahoro.
Kurekura imfungwa ni imwe mu ngingo zashyizweho umukono ku ya 19 Nyakanga 2025 hagati ya DRC na AFC/M23. Ariko, kutubahiriza izi ngingo n’ukudahagarika imirwano byatindije gahunda yo kugera ku masezerano ya nyuma.
Mu kwezi gushize, impande zombi zohereje intumwa muri Qatar, aho barebeye hamwe inzitizi zari zaradindije iyubahirizwa ry’aya mahame, hagamijwe gusubukura ibiganiro by’amahoro.
AFC/M23 yari yaratangaje ko itazinjira mu biganiro bya politiki idahawe ubutabera, cyane cyane ko yemezaga ko hari imfungwa zirenga 700, zirimo abanyamuryango bayo, zitararekurwa.
Ubu busabe bwari bushingiye ku nyandiko y’amahame yemeje ko ibikorwa byo kurekura imfungwa bigomba kuba byarangiye bitarenze tariki ya 29 Nyakanga, maze ibiganiro bigatangira ku ya 8 Kanama, n’amasezerano ya nyuma agasinywa bitarenze ku ya 18 Kanama 2025.