Kaminuza ya Muni yo muri Uganda yatangaje inkuru y’inshamugongo y’urupfu rw’abakozi bayo batatu baguye mu mpanuka ikomeye y’imodoka, ubwo bari mu rugendo bava i Kampala berekeza mu gace ka Arua.
Abitabye Imana ni Rev Canon Patrick Acema, wari ushinzwe urusengero rwa Avent of Christ rwa Kaminuza, Washington Opio, umwarimu mukuru wa Siporo, na Kennedy Acidri wari umushoferi wabo.
Bapfiriye mu mpanuka yabereye mu gace ka Nyapolo muri Alwi, mu Karere ka Pakwach, ahagana saa saba z’amanywa. Imodoka barimo yo mu bwoko bwa Toyota Double Cabin yagonzwe n’ikamyo y’Ikigo cy’Abashinwa gisanzwe gikora imihanda ya gariyamoshi.
Abandi bantu babiri bari kumwe n’abo bakozi bakomerekeye bikomeye muri iyo mpanuka, bakaba barimo kuvurirwa mu kigo nderabuzima cya Pakwach IV. Imibiri y’abitabye Imana yajyanywe muri ibyo bitaro kugira ngo ikorerwe isuzuma.
Umuyobozi wa Kaminuza ya Muni, Assoc. Prof. Simon Anguma Katrini, yavuze ko Kaminuza yifatanyije n’imiryango yabuze abayo, ashimangira ko bazatangaza igihe n’ahazabera imihango yo gushyingura.
Ati: “Turababaye cyane. Twihanganishije imiryango yacu, abanyeshuri n’abakozi bose muri ibi bihe bikomeye.”
Iyi mpanuka ije ikurikira impuruza z’ Umudepite uhagarariye Arua Central mu inteko ishinga amategeko y’iki gihugu, Jackson Lee Atima, na we yagarutse ku bibazo bikomeye biri mu mihanda yo muri ako gace, asaba Leta ya Uganda gutabara.
Yabivuze mu nama yo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubukerarugendo wabereye i Arua, aho yanasabye Minisitiri w’Intebe Robina Nabajja kugira icyo akora.
Polisi ya Uganda binyuze ku muvugizi wayo muri West Nile, SP Anguyo Jimmy Bayiga, yatangaje ko iperereza ku byateye iyo mpanuka rikomeje.
Yongeyeho ko bihanganishije imiryango yabuze ababo, ndetse basabye abaturage kwitwararika mu gihe bari mu muhanda.