Rutahizamu wa She-Amavubi, Jeannine Mukandayisenga ‘Kaboyi’, biravugwa ko yahagaritswe by’agateganyo n’ishyirahamwe rya ruhago muri Tanzaniya akekwaho kuba umugabo
Amakuru aturuka muri Tanzaniya avuga ko Kaboyi yahagaritswe gukina umupira w’amaguru w’abagore muri icyo gihugu, nyuma y’uko akomeje gukekwaho ko ashobora kuba afite igitsina gabo. Icyakora, ibyo ntibiremezwa n’inzego zemewe zirimo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF) cyangwa ikipe ye ya Yanga Princess ku mugaragaro
Turakomeza gukurikirana iyi nkuru, cyane ko bamwe batangiye kubifata nko guharabika Mukandayisenga, mu gihe inzego bireba zitaragira icyo zitangaza ku mugaragaro.
Kaboyi yageze muri Rayon Sports Women mu mwaka wa shampiyona wa 2023, asinya amasezerano y’imyaka ibiri. Yari asigaranye amezi arindwi muri iyo kipe ifite igikombe cya shampiyona giheruka, ubwo yemerewaga kuyisohokamo nyuma yo kwishyura $3,000 kugira ngo agure amasezerano ye, maze yerekeza muri Tanzania akinira Yanga Princess ishaka guhigika Simba Queens mu ruhando rw’umupira w’amaguru w’abagore muri icyo gihugu.
Uyu mukinnyi yari yaturutse mu ikipe ya Inyemera WFC, aho yari yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports.
Kaboyi yafashije Rayon Sports Women kwegukana igikombe cya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu mwaka ushize wa 2024 , ku nshuro ya mbere kuva yazamuka ivuye mu cyiciro cya kabiri.