Intumwa ya Repubulika y’u Rwanda muri Loni yavuze ko mu ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano y’Amahoro iki gihugu cyasinyanye na Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), hakenewe ubufasha bw’Inama y’Umuryango ishinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho kuba imbogamizi cyangwa igituma inzira ziriho ziteshwa agaciro.
Bwana Martin Ngonga yabitangaje ku wa Mbere, tariki 13 Ukwakira 2025, mu nama y’Inama y’Umutekano ya Loni.
Agaruka ku bikubiye muri Raporo yerekeye aho ibiganiro bigamije gukemura ibibazo biri hagati y’u Rwanda na RDC bigeze, Ngonga yagaragaje bimwe mu biyikubiyemo, birimo ko amasezerano y’amahoro yasinywe ku wa 27 Kamena 2025.
Yagaragaje ko iyi raporo isubiza ku bisubizo byitezwe nk’ishyirwaho rya CONOPS (Joint Operation in Conflict), isenywa ry’umutwe wa FDLR, kubahana ubusugire bwa buri wese mu bihugu byombi (u Rwanda na RDC), ihagarikwa ry’inkunga ku mitwe yitwaje intwaro n’umushinga wo kugarura impunzi mu bihugu byabo.
Ngoga yavuze ko yifuje kugaruka kuri iyi Raporo, agamije kwibutsa ko Ibihugu bigize aka Kanama gahuza imvugo n’imyumvire, kuko hari bimwe bifite amakuru anyuranye n’ukuri.
Ati “Kubera ko muri aka kanya ndabona hari abafite amakuru adahagije imbere y’Akanama ku ntambwe iri guterwa mu masezerano y’i Washington cyangwa se harimo kudahuza kuri yo.”
Yaboneyeho gusaba Uhagarariye Leta Zunze Ubumwe za America muri aka Kanama kugaragaza muri macye intambwe iri guterwa mu gushyira mu bikorwa ariya masezerano, bityo n’umusanzu w’aka Kanama ukaza uri mu murongo w’ibiriho bikorwa.
Ati “Kuko ibyo ni byo bizafasha aka Kanama gutanga umusanzu wako uhagije mu gushyikira ibiri gukorwa.”
Yakomeje avuga ko muri ariya masezerano u Rwanda na Repubulikaya Demokarasi ya Congo, byemeranyijwe gukemura ibitera ibibazo hagati y’ibi Bihugu.
Ati “Rero turasaba Akanama kudushyigikira muri urwo rugendo. U Rwanda ruzashyira mu bikorwa ibyo twiyemeje mu murongo ugenwa n’amaszerano y’i Washington, kandi tuzakomeza gushyigikira ibiganiro by’i Doha.”
Yakomeje asaba aka Kanama kimwe n’andi mahanga yose gushyigikira ubu bushake bwagizwemo uruhare n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Leta Zunze Ubumwe za America ndetse na Qatar.
Ati “Icyo ngamije banyamuryango b’Akanama, ni ugushimangira ko hari amasezerane yabayeho hagati y’Ibihugu byacu byombi, yakozwe hagendewe ku bushobozi bwacu, tubifashijwemo na America.”
Yakomeje avuga kandi ko Qatar na yo ikomeje gutanga umusanzu wayo kimwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe. Ati “Dukeneye inkunga y’Akanama. Ikindi kandi turifuza guhabwa amahirwe yo gushyira mu bikorwa amasezerano uko ari. Ntabwo dukeneye ko mwivanga mu buryo bushobora kugora inzira iri gukoreshwa cyangwa kuzana ibyayiyobya.”