Kuri uyu wa Gatatu wa tariki 14 Ukwakira 2025, uwahoze ari perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo Joseph Kabila yageze i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo kugirana ibiganiro n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.
Kabila agiye guhuza aba banyapolitiki mu ibanga, nyuma y’ibyumweru bibiri ubutegetsi bw’i Kinshasa bumukatiye urwo gupfa nyuma yo kumuhamya ibyaha birimo kugambanira igihugu, kujya mu mutwe ugambiriye gukuraho ubutegetsi ndetse n’ibyaha by’intambara.
Uyu muhuro nk’uko byemezwa nabamwe mu bantu bahafi ba Kabila igamije “kubaka bundi bushya urugamba rwa Politiki” mu rwego rwo guhangana na Perezida Félix Tshisekedi.
Gahunda y’abitabiriye uyu muhuro wateguwe na Joseph Kabila
- Matata Ponyo Mapon, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze amezi make ahungiye mu Bubiligi, nyuma yo gukatirwa imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato.
- Seth Kikuni, uri mu bahatanye na Tshisekedi mu matora y’Umukuru w’Igihugu yo muri 2023
- Franck Diongo, umaze igihe yarahungiye mu Bubiligi
- Néhémie Mwilanya Wilondja, wahoze ari umuyobozi w’ibiro bya Kabila ku butegetsi bwa Kabila
- Raymond Tshibanda, usanzwe ari umuhuzabikorwa muri Front commun pour le Congo (FCC) ya Kabila
- José Makila, wigeze kuba Minisitiri ku butegetsi bwa Kabila
- Richard Muyej, wahoze ari Guverineri w’Intara ya Lualaba
- Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari intumwa yihariye ya Joseph Kabila
- Patient Sayiba
Cyakoze nubwo uyu muhuro witabiriwe na benshi gusa hari amazina akomeye muri politiki ya Congo batagaragaye i Nairobi barimo Moise Katumbi kandi nta n’intumwa izamuhagararira n’ubwo yari yatumiwe, Martin Fayulu abamwegereye bavuga ko atigeze atumirwa, Jean-Marc Kabund ndetse na Delly Sesanga.