Afghanistan na Pakistan bemeranyije guhagarika imirwano ako kanya mu biganiro byabereye i Doha, nk’uko impande zombi zabitangaje kuri iki cyumweru.
Ibi bije nyuma y’icyumweru cy’imirwano ikaze ku mipaka y’ibihugu byombi ikaba ifatwa nk’ikaze ibayeho kuva mu mwaka 2021 ubwo Abatalibani bigaruriraga ubutegetsi.
Minisitiri w’Ingabo wa Pakistan, Khawaja Muhammad Asif, yanditse kuri X kuri iki cyumweru ko “amasezerano yo guhagarika imirwano yamaze kurangira,” avuga ko impande zombi zizongera guhura ku itariki ya 25 Ukwakira i Istanbul kugira ngo “ziganire ku ngingo zirambuye.”
Umuvugizi w’Abatalibani, Zabihullah Mujahid, mu itangazo rye na we yavuze ko impande zombi zemeranyijwe ku guhagarika imirwano ku buryo bwuzuye kandi bufite agaciro.
Ministeri y’ububanyi n’amahanga ya Qatar, yari hamwe na Turukiya mu kuyobora ibi biganiro yavuze ko inama zizakurikiraho zigamije “kwemeza ko guhagarika imirwano bigumaho no kugenzura ishyirwa mu bikorwa ryabyo mu buryo bwizewe kandi burambye.”
Pakistan na Afghanistan barimo gushaka inzira yo gukemura ibibazo byabo nyuma y’uko imirwano yahitanye abarenga amagana , abandi bagakomereka. Ibiganiro byayobowe na Asif na mugenzi we wa Afghanistan, Mullah Muhammad Yaqoob, nk’uko impande zombi zabitangaje.
Imirwano yo ku butaka hagati y’ibi bihugu byahoze ari abafatanyabikorwa, hamwe n’ibitero by’indege bya Pakistan byambukiranyije umupaka ureshya na kilometero 2,600, byatewe no kuba Islamabad yarasabye Kabul kugenzura abarwanyi bari barongereye ibitero muri Pakistan, ivuga ko bakomoka mu birindiro byo muri Afghanistan.
Abatalibani bahakana ko baha ubuhungiro abarwanyi bagaba ibitero muri Pakistan, ahubwo ikavuga ko igisirikare cya Pakistan cyikwirakwiza ibinyoma kuri Afghanistan, ndetse kikaba gitunga agatoki Pakistan ko icumbikira abarwanyi bafitanye isano na Islamic State mu rwego rwo guca intege ubusugire bwa Afghanistan. Pakistan nayo ihakana ibyo ishinjwa.
Abarwanyi bivugwa ko bashyigikiwe na Afghanistan bamaze imyaka myinshi bagaba ibitero kuri Pakistan aho bifuza gukuraho ubutegetsi bw’iki gihugu bagashyiraho ubugendera ku mwatwara y’idini ya Islam.