Inzego z’umutekano za Cameroun zishe abasivili 48 ubwo zasubizaga ku myigaragambyo y’amatora yegukanwe na Perezida Paul Biya, uyoboye igihugu imyaka myinshi kurusha abandi ku isi nkuko byemejwe Loni (U.N.).
Abenshi mu bahitanywe bapfuye barashwe amasasu, ariko abandi bapfuye bazize ibikomere, nk’uko ayo masoko ya Loni abivuga. Guverinoma ya Biya, w’imyaka 92, ntiyatangaje umubare w’abapfuye muri iyo myigaragambyo, kandi umuvugizi wayo ntiyasubije ubusabe bwo kugira icyo abivugaho kuri uyu wa Kabiri.
Senateri Jim Risch, uhagarariye leta ya Idaho akaba na perezida w’akanama ka Sena y’Amerika gashinzwe ububanyi n’amahanga, yashinje guverinoma ya Biya ku wa Kabiri gukora amatora y’uburiganya, guhiga abatavuga rumwe nayo ndetse no gufunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko bamwe mu banya-Amerika barimo n’abakomoka muri Idaho.
Risch yagize ati: “Cameroun si umufatanyabikorwa wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kandi ibangamiye umutekano w’abaturage bacu. Ni igihe cyo gusubiramo isano dufitanye mbere y’uko ingaruka ziba mbi kurushaho.”
Biya yatangajwe nk’uwatsinze amatora n’amajwi menshi mu cyumweru gishize, aho yegukanye 53.66% by’amajwi, mu gihe uwari umukandida utavuga rumwe na we Issa Tchiroma Bakary, wahoze ari umuvugizi wa guverinoma akaba yarasezeye ku mwanya wa minisitiri mu kwezi kwa Kamena, yabonye 35.19%.
Tchiroma yari yatangaje ko ari we watsinze amatora hashize igihe gito kuva amatora yo ku wa 12 Ukwakira arangiye, maze imyigaragambyo itangira hirya no hino ubwo ibyavuye mu matora by’igihe gito byagaragazaga ko Biya, uri ku butegetsi kuva mu mwaka 1982, yari bugire manda ye ya munani.
Itsinda ry’abasivili ritegamiye kuri Leta rizwi nka Stand Up for Cameroon ryari ryatangaje mu cyumweru gishize ko nibura abantu 23 bishwe n’inzego z’umutekano zari ziri guhashya abigaragambya.