Ubuyobozi bwa Uganda mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri wa tariki 4 Ugushyingo 2025, bwatangaje ko inzego z’umutekano zishe umuvuzi gakondo bivugwa ko ari we wayoboye igitero cyagabwe ku birindiro bya polisi n’ingabo mu mpera z’icyumweru gishize.
Icyo gitero cyakozwe ku wa Gatandatu kigabwa mu turere dutatu two mu burengerazuba bwa Uganda duherereye hafi y’umupaka wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), nk’uko ingabo zabitangaje.
Abagabye igitero bari bitwaje imbunda nto n’imihoro bateye ibirindiro bya polisi n’ingabo mu turere twa Bundibugyo, Kasese na Fort Portal, bica umuntu umwe w’umusivili n’umusirikare umwe.
Umwe mu basirikare bakorera i Bundibugyo yabwiye AFP ko ari itsinda ryashakaga kubona intwaro kugira ngo ritangize umutwe w’abahezanguni ushingiye ku moko ariko rikaza gusubizwa inyuma n’inzego z’umutekano.
Icyo gitero cyayobowe n’umugabo witwa Christian Asuman Muganzi umuvuzi gakondo nk’uko byemejwe na Albert Kaliruga, umuyobozi wungirije ushinzwe umutekano muri ako karere.
Kaliruga yabwiye AFP ko uyu muvuzi gakondo yafatiwe aho yari yihishe i Kakuka, Bundibugyo ku wa Kabiri maze aricwa hamwe n’abarwanyi be barenga 20, abandi 15 bafatwa mpiri.
Kaliruga yagize Ati: “Yakoresheje urusengero rwe rwo mu byaro i Kakuka mu gukangurira no gushishikariza abantu kwinjira mu mutwe we w’abagizi ba nabi.”
Yongeye ho ati: “Mu rusengero rwe twasanzemo ibyatsi gakondo, ibintu by’imihango n’ibindi yakoresheje mu gukangurira abayoboke be ndetse no kubarinda mu gihe cy’imirwano.”
Uganda yigeze kumara imyaka myinshi ihanganye n’umutwe w’abarwanyi b’abahezanguni bayobowe na Joseph Kony mu myaka 1990 na 2000.
Kugeza ubu, igihugu gihangayikishijwe n’ibitero biva ku mupaka wacyo w’uburengerazuba na RDC, agace k’ishyamba katagira umutekano gatuwemo n’imitwe myinshi yitwaje intwaro, harimo n’ufatanya n’umutwe wa Leta ya Kisilamu (Islamic State).