Tariki ya 8 Ugushyingo 2025, Ikipe ya APR Fc izakira ikipe ya Rayon Sports muri Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda.
Ni umukino uruta iyindi mu Rwanda, Kubera ko ayo makipe 2 ariyo akomeye mu Rwanda kurusha andi yose ari nayo akunzwe cyane nk’uko bigaragara ku bibuga ayo makipe aba yakiniyeho.
APR Fc niyo izakira Uwo mukino ubanza kuri Stade Amahoro i Remera Saa 15:00, Uwo munsi ni Ku wa Gatandatu.
Nta gihindutse ku makuru Umutsinzi twamenye, ni uko Kayitare David ariwe uzaba ari umusifuzi wa mbere muri uwo mukino, Mutuyimana Dieudonne azaba aca ku ruhande rumwe urundi ni Ishimwe Didier mu gihe Nizeyimana Isia’q azaba ari umusifuzi wa 4.
Ikipe ya APR Fc izakira Uwo mukino, muri Shampiyona y’U Rwanda uyu mwaka w’Imikino wa 2025-2026, imaze gukina imikino 4 aho imaze gutsinda imikino 2 inganya 2 ubu ifite amanota 8 iri kumwanya wa 8, Ariko ifite imikino 2 y’ibirarane itarakina.
Mu gihe ikipe ya Rayon Sports imaze gukina imikino 6, Ifite amanota 13, Iri kumwanya wa 2 muri Shampiyona y’U Rwanda, Bivuze ko bazajya gukina na APR Fc bayirusha amanota 5 biri mu bigomba gutuma uyu mukino uzaba ukomeye ku mpande zombi.