Minisitiri wungirije w’Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita, yijeje umudali w’ishimwe umusirikare wo mu ngabo z’igihugu umaze imyaka 78 mu gisirikare.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Ugushyingo ni bwo umuyobozi wungirije w’igisirikare cya Congo, Guy Kabombo Muadiamvita yakiriye uyu mukambwe, 1er sergent-major Luhembwe Alfani bagirana ibiganiro.
Uyu mukambwe w’imyaka 102 y’amavuko kuri ubu umaze imyaka 78 mu gisirikare, kuri ubu aracyari mu kazi dore ko akorera muri Kisangani mu ntara ya Tshopo.
Minisiteri y’Ingabo za Congo ibinyujije ku rubuga rwayo rwa X, yatangaje ko Minisitiri Me Guy Kabombo Muadiamvita ubwo barimo baganira yamusezeranyije ko mu minsi iri imbere azamwambika umudali w’ishimwe.
Ibi bizakorwa mu rwego rwo kumushimira kuba yarabereye igihugu indahemuka.
Umukuru w’ingabo wungirije kuri ubu ari muri Kisangani, aho yasuye ingabo zitegura kurwana na M23 mu gihe yaba isatiriye uyu mujyi umaze igihe wifashishwa mu kugaba ibitero byo mu kirere kuri izi nyeshyamba.